Imyaka 10 irashize Kabila yirukanye Gen. Tango Four wakekwagaho guha inyeshyamba intwaro

Sangiza iyi nkuru

Tariki ya 22 Ukwakira 2012 ni bwo Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’ingabo z’igihugu yirukanye Général Major Gabriel Amisi Kumba uzwi nka Tango Four ku mwanya w’Umugaba w’izirwanira ku butaka.

Iyirukanwa rya Gen. Tango Four ryakomotse kuri raporo yari iherutse gushyirwa hanze n’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye zakurikiranaga ikibazo cy’umutekano muke mu burasirazuba bwa RDC.

Zavuze muri iyi raporo uburyo Gen. Tango Four yaba yaragurishije intwaro imitwe yitwaje intwaro yakoreraga muri iki gice cy’igihugu irimo Raia Mutomboki yakekwagaho gukorana na M23 ndetse na Mai Mai Nyatura.

Umunyamateka Benjamin Babounga w’Umunyekongo, avuga ko uyu musirikare yavuzwe muri iyi raporo y’impapuro 206 ko ari we ugenzura umuyoboro w’intwaro ziva muri Leta zijya mu mitwe y’inyeshyamba.

Yagize ati: “Tango Four wari Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka yashinjwaga, nk’uko impuguke za ONU zabivuze, kugenzura umuyoboro intwaro zanyuragamo zijya mu bahigi no mu mitwe yitwaje intwaro irimo Raia Mutomboki yakoranaga na M23.”

Izi mpuguke zatangaje ko Gen. Tango Four yaba yaragurishije umutwe wa Mai Mai Nyatura imbunda 300 zo mu bwoko bwa AK-47 zizwi nka Kalashnikov, abinyujije kuri murumuna we wigeze kuba umwe mu bamurindaga.

Ubwo Kabila yirukanaga uyu musirikare, yasabye ubushinjacyaha bw’igisirikare kumukoraho iperereza ryimbitse, ariko butanga imbogamizi yuko byagorana kubera ko nta mushinjacyaha wari ufite ipeti nk’irye, buti: “Byakora gusa Umukuru w’Igihugu.”

Muri Kanama 2014, inama nkuru y’igisirikare yemeje ko Gen. Tango Four ari umwere ishingiye ku kuba nta bimenyetso bimuhamya iki cyaha byabonetse. Mu kwezi kwakurikiyeho, Kabila yamugize komanda wa zone ya 1 y’igisirikare iherereyemo umujyi wa Kinshasa.

Ubu Gen. Tango Four akora mu bugenzuzi bukuru bw’igisirikare cya RDC.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *