Imyaka 19: Museveni yahishuye ikintu Gen. Rwigema yahoraga amubwira

Sangiza iyi nkuru

Ubwo Ishyaka riri ku butegetsi mu Rwanda, Rwanda Patriotic Front (RPF) ryizihizaga imyaka 15 rimaze rishinzwe, Perezida wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni yabwiye abari aho ko byabaga bidashoboka kumva mu kiganiro cya Maj. Gen. Fred Rwigema atavuga ku Rwanda n’ibibazo birureba.

Gen. Rwigema wari minisitiri wungirije w’Ingabo wa Uganda ariko ngo yakundaga kuvuga ku Rwanda ndetse n’ibibazo by’amoko byari byararuzahaje muri ibyo bihe.

Yabwiye bari aho icyo gihe ati ” Rwigema yakundaga kumbwira iby’iwabo n’ibijyanye n’ivangura.”

Abandi mu babaye hafi uyu muyobozi wa gisirikare bavunze kuvuga ko ibintu by’amacakubiri n’amatiku yabyamaganiraga kure. Akaba umugabo ushyira imbere igihugu.

Ni mu gihe yari afite gahunda yo gutangiza urugamba rwo kubohoza igihugu yahozaga ku mutima, akava mu buzima bwiza bwo yarimo n’ibyubahiro byinshi yahabwaga nk’umwe mu beza NRA yari ifite.

Urukundo rw’akazi ke rwatumaga afata imododa n’abasirikare akajya ku irasaniro mu majyaruguru ya Uganda, aho hari bamwe banze kuyoboka ubutegetsi bwa Museveni.

Kuri uyu 1 Gashyantare 2021, Abanyarwanda barizihiza umunsi w’intwari z’ u Rwanda. Muri bo harimo Gen. Rwigema bamwe bemeza ko ari no mu ntwari za Uganda.

Fred Rwigema, ni intwari iri mu cyiciro cy’Imanzi, kimwe mu byiciro bitatu by’intwari z’u Rwanda. Ibyo byiciro bitatu ni Imena, Imanzi n’Ingenzi.

Icyiciro cy’Imanzi gishyirwamo intwari y’ikirenga yagaragaje ibikorwa by’akataraboneka birangwa n’ubwitange, akamaro n’urugero bihebuje.

Soma Izindi Nkuru

6 Responses

  1. Imyaka 19: Museveni yahishuye ikintu Gen. Rwigema yahoraga amubwira
    Rwigema ninkwari nzizayiyajyiye igihugu cyekandi nazigera avamumitima yabanyarwanda.

  2. Imyaka 19: Museveni yahishuye ikintu Gen. Rwigema yahoraga amubwira
    Rwigema ninkwari nzizayiyajyiye igihugu cyekandi nazigera avamumitima yabanyarwanda.

  3. Imyaka 19: Museveni yahishuye ikintu Gen. Rwigema yahoraga amubwira
    Intwari z’urwanda ni nyinshi ark sinzi igituma havugwa zimwe izindi ntizivugwe

  4. Imyaka 19: Museveni yahishuye ikintu Gen. Rwigema yahoraga amubwira
    Intwari z’urwanda ni nyinshi ark sinzi igituma havugwa zimwe izindi ntizivugwe

  5. Imyaka 19: Museveni yahishuye ikintu Gen. Rwigema yahoraga amubwira
    Intwariyacuduhozakumutimantituzakwibagirwantituzibagirwa ko ariwowewuguruye amaremboy’ u rwanda igiheyariyugarijwe amakuba!Nonubabanya rwanda wabakiguriyamarembobarinjira baraturabaratekanyemurwababyaye Rwingema uzahora urintwary’ abanyarwanda.

  6. Imyaka 19: Museveni yahishuye ikintu Gen. Rwigema yahoraga amubwira
    Intwariyacuduhozakumutimantituzakwibagirwantituzibagirwa ko ariwowewuguruye amaremboy’ u rwanda igiheyariyugarijwe amakuba!Nonubabanya rwanda wabakiguriyamarembobarinjira baraturabaratekanyemurwababyaye Rwingema uzahora urintwary’ abanyarwanda.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *