Imyanzuro 12 y’inama y’igihugu y’umushyikirano ya 14 yatangajwe

Sangiza iyi nkuru

Inama y’igihugu y’umushyikirano yateranye ku wa 15 na 16 Ukuboza 2016, nyuma y’ibiganiro bitandukanye no kungurana ibitekerezo iyi nama yaje gusozwa batangaza ko imyanzuro y’ibyavuye muri iyi nama izatangazwa nyuma ari nabyo byabaye kuri uyu wa 22 Ukuboza 2016.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Imyanzuro ifatirwa mu nama y’umushyikirano ni kimwe mu ntumbero ziba zizitabwaho n’Abategetsi mu mwaka utaha mu byo bakorera abaturage n’igihugu muri rusange. Mu mwanzuro y’uyu mwaka harimo uvuga ko u Rwanda rugiye kwiha intego y’igihe ntarengwa ruzaba rwahagaritse kwakira inkunga z’amahanga nk’uko byari byasabwe na perezida Kagame ubwo yatangizaga inama y’igihugu y’umushyikirano 14.
Urutonde rwimyanzuro yose 12 uko ikurikirana
1.Kugena igihe ntarengwa u Rwanda ruzagera ku rwego rwo kwihaza mu ngengo y’imari, dushingiye ku cyerekezo 2050, twongera umurego mu gukora cyane, kubazwa ibyo dukora no kunoza imikoranire hagati y’inzego zose.
2.Gukomeza kubaka ubudasa bw’u Rwanda bushingiye ku miyoborere myiza dukomeza kwihitiramo no gushyigikira ubuyobozi butubereye kandi bufite icyerekezo no gukomeza umuco wo kwishakamo ibisubizo, kuwumenyekanisha no kuwuhererekanya mu badukomokaho.
3.Gushimangira ubufatanye hagati y’inzego za Leta, ababyeyi, abarezi, abikorera, sosiyete sivile n’imiryango ishingiye ku madini mu kurushaho kubaka umuryango nyarwanda.
4.Gushyira imbaraga mu kongerera agaciro ibikorerwa mu Rwanda no kubishakira amasoko mu Rwanda no mu mahanga.
5.Gukomeza kunoza imitangire ya Serivisi mu nzego za Leta no mu bikorera, abahabwa servisi mbi bakabyanga kandi bakabigaragariza ababishinzwe kugira ngo bikosorwe.
6.Gushyiraho no gushyigikira gahunda y’Urunana rw’Urungano mu turere twose tw’igihugu no kugeza gahunda y’Itorero ry’igihugu mu byiciro byose by’Abanyarwanda harimo abakuze baba mu mahanga n’ababana n’ubumuga.
7.Gutegura neza imishinga minini yo kuhira imyaka cyane cyane mu turere twa Nyagatare, Gatsibo, Kayonza na Kirehe.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
8.Gushaka uburyo bwo kwegereza ibiro by’itora Abanyarwanda batuye mu mahanga.
9.Gukomeza gusigasira no kunga ubumwe bw’abanyarwanda turwanya ingengabitekerezo ya Jenoside by’umwihariko mu rubyiruko.
10.Gukomeza gushyira imbaraga mu guhangana n’ibikorwa bibera mu mahanga bigamije gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi.
11.Gukora ubushakashatsi bugamije kumenya mu buryo bwimbitse ikibazo cy’ihungabana mu bacitse ku icumu rya Jenoside kugira ngo gifatirwe ingamba zihamye.
12.Gushakira umuti ukwiye inzitizi zibangamira irangizwa ry’imanza zisigaye zaciwe n’inkiko Gacaca ku mitungo yangijwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Schadrack@bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *