Amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi mu bihugu bitandatu bitandukanye bya Afurika, yateguye imyigaragambyo ikomeye iteganyijwe kuri uyu wa Mbere tariki ya 20 Werurwe 2023.
Ni imyigaragambyo iteganyijwe mu bihugu bya Kenya, Afurika y’Epfo, Nigeria, Gambia, Tunisia na SĂ©nĂ©gal.
Nko muri Kenya, Opozisiyo yateguye imyigaragambyo igomba kubera mu gihugu hose, mu rwego rwo kwamagana itumbagira ry’ikiguzi cy’imibereho.
Umunyapolitiki Raila Odinga utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kenya, yatangaje ko iyi myigaragambyo igomba kuba mu mahoro, asaba abayitabira gukurikiza amabwiriza ayigenga yashyizweho.
Ati: “Ntidushaka urugomo cyangwa imeneka ry’amaraso iryo ari ryo ryose. [Imyigaragambyo] izaba mu mahoro kandi navuze ko tudashaka guhaka umukĂ´no. Turi gukora ibi kubera ko ari yo mahiramo yonyine dufite.”
Opozisiyo ya Kenya yateguye iyi myigaragambyo mu gihe Perezida William Ruto aheruka kuburira abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe ko imyigaragambyo itemewe n’amategeko itazihanganirwa, ashimangira ko Kenya ari igihugu kigendera ku mategeko.
Imyigaragambyo yo muri Kenya yahuriranye no muri Nigeria ahari ikibazo ku ihererekanya ry’ubutegetsi, nyuma y’amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’abagize Inteko Ishinga Amategeko yabaye ku wa 25 Gashyantare uyu mwaka.
Ni amatora yasize Bola Tinubu wo mu ishyaka All-Progressives Congress (APC) atangajwe nk’uwegukanye intsinzi.
Ni intsinzi cyakora cyo itaranyuze Atiku Abubakar wo ku ruhande rw’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bari bahanganye wanaje ku mwanya wa kabiri, ibyatumye abari bashyigikiye uyu munyapolitiki bahitamo kwigabiza imihanda.
Mu gihe Tinubu agomba kurahirira Nigeria ku wa 29 Gicurasi 2023 nk’umusimbura wa Perezida Muhammadu Buhali, amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi arimo na Labor Party rya Peter Obi wabaye uwa gatatu akomeje gushinja Komisiyo y’amatora kugira uruhare mu bujura bw’amajwi.
Muri Afurika y’Iburengerazuba aho Nigeria ibarizwa kandi imyigaragambyo iteganyijwe mu gihugu cya Gambia.
Aha abigaragambya kuri uyu wa Mbere byitezwe ko baza kuba bamagana ruswa no gusahura umutungo ugenewe rubanda bikomeje kuvuza ubuhuha muri iki gihugu.
Ni ibibazo abakurikiranira hafi Politiki yo muri iki gihugu bahuza n’ingaruka z’ubutegetsi bw’umunyagitugu Yahya Jammeh wayoboje iki gihugu inkoni y’icyuma imyaka 22; hagati ya 1994 na 2017.
Uyu Jammeh Guverinoma ya Gambia yatangaje ko izamushyikiriza ubutabera bukamuryoza ibyaha birimo ubwicanyi, gufata ku ngufu ndetse no kwica urugomo ashinjwa.
Mu gihe abanya-Gambia bakomeje kwijujutira imibereho yo muri iki gihugu, Perezida Adama Barrow wasimbuye Jammeh akomeje kwigaragambirizwa n’abaturage ahanini kubera ruswa ivuza ubuhuha muri kiriya gihugu.
Imyigaragambyo inateganyijwe muri SĂ©nĂ©gal aho uruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi rukomeje kwamagana Manda ya gatatu ya Perezida Macky Sall byitezwe ko aziyamamaza mu matora ateganyijwe mu mwaka utaha wa 2024.
SĂ©nĂ©gal kuri ubu icumbikiye abenshi mu banya-Gambia bayihungiyemo itotezwa no kwicwa urubozo by’ubutegetsi bwa Perezida Yayah Jammeh.
Bijyanye n’ibyabaye muri Gambia, abanya-SĂ©nĂ©gal batavuga rumwe n’ubutegetsi bafite impungenge z’uko igihugu cyabo gishobora guhinduka nka Gambia, ibyatumye bahitamo kwigabiza imihanda yo mu murwa mukuru w’igihugu cyabo, Dakar.
Opozisiyo ya SĂ©nĂ©gal iri mu myigaragambyo kandi mu rwego rwo gufata mu mugongo Ousmane Sonko usanzwe ari umuyobozi wayo ukurikiranweho ibyaha bitandukanye birimo gufata ku ngufu, n’ubwo abamushyigikiye bavuga ko ari umugambi wacuzwe n’ubutegetsi bwa Macky Sall mu rwego rwo guca intege uruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi bwe.
Muri Afurika y’Epfo ku rundi ruhande abigaragambya baramagana ikiguzi cy’imibereho mu gihugu cyabo, by’umwihariko ikibazo cy’umuriro w’amashanyarazi.
Ishyaka Economic Freedom Fighters (EFF) rya Julius Malema ritavuga n’ubutegetsi ni ryo ryateguye iriya myigaragambyo mu rwego rwo kotsa igitutu Perezida Cyril Ramaphosa ngo yegure.
Ni Ramaphosa ushinja abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe gushaka kumuhirika ku butegetsi, gusa agashimangira ko inzira yonyine ishoboka yabumukuraho ari iy’amatora.
Ni mu gihe muri Tunisia ho abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki gihugu kuri uyu wa Mbere bari mu myigaragambyo yo kwamagana Perezida Kais Saied.
Uyu Perezida wa Tunisia ashinjwa gusesa Inteko Ishinga Amategeko y’igihugu cye, ikindi akaba ari gutegura guhindura itegekonshinga ryacyo rwihishwa.


