Imyigaragambyo irimo urugomo yatumye ibya Donald Trump imbwa zibirwaniramo

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 12 Werurwe 2016, nibwo ibikorwa bya Donald Trump byahagaritswe i Chicago nyuma y’uko imyigaragambyo yamagana uyu mukandida wo mu ishyaka ry’Abarepubulikani igaragayemo urugomo.
Abigaragambya babarirwa mu majana bateraniye ahaberaga igikorwa cyo kwiyamamaza I Chicago muri Kaminuza ya Illinois mbere y’uko Bwana Trump ahagera.


Abashinzwe umutekano bari benshi

Imbere muri icyo cyuma, havutse imirwano hagati y’abashyigikiye Trump n’abamurwanya bamanikaga amabendera ndetse banaririmba.
BBC Gahuza dukesha iyi nkuru, Itangaza ko itangazo ryasohowe n’urwego rwamamaza Bwana Trump ryavuze ko uyu mukandida yafashe icyemezo cyo gusubika ibikorwa byo kwiyamamaza nyuma yo guhura na polisi.

Bamwe mu bigaragambya basohowe ku ngufu

Ariko umuvugizi w’igipolisi cya Chicago yavuze ko polisi itigeze igishwa inama muri iki cyemezo.
Ahaberaga imyigaragambyo, haririmbwaga indirimbo zishimagiza Bwana Trump zirirmbwa n’abamushyigikiye ndetse n’izogeza Bernie Sanders wo ku ruhande rw’Abademokarate.
Imirwano yatangiye nyuma y’isaha mbere y’uko igikorwa cyo kwiyamamaza gitangira, ndetse yanakomeje igihe igikorwa cyasubikwaga, iminota micye mbere y’uko Bwana Trump afata ijambo.

Abigaragambya bahanganye n’abashyigikiye Bwana Trump

Habaye urugomo rukaze rwasembuwe n’abashyigikiye Trump bashakaga kwambura amabendera abigaragambya bamwamagana. Umwe mu bigaragambya yagombye kuvanwa ku ngufu n’ushinzwe umutekano ukorera mu ibanga, yari ari hejuru ahavugirwa amagambo.
Imyivumbagatanyo yaje no gukomeza inyuma y’inyubako birimo n’amashusho ya kajugujugu yerekanaga ibikorwa by’urugomo igihe polisi yageragezaga gukumira ikivunge cy’abantu.
Umwe mu bigaragambya, umunyeshuri Ali Alhechimi yabwiye ikinyamakuru The Chicago Sun Tribune ati: “Iyi ni intsinzi. Iyi ni intsinzi ikaze. Ndashaka gushimira buri wese waje [mu myigaragambyo].

Abashyigikiye Bwana Trump nabo bari bahari ari benshi

Itangazo ryuzuye rya Bwana Trump riragira riti: “Bwana Trump amaze kugera i Chicago ndetse amaze guhura n’inzego z’umutekano yafate umwanzuro ku bw’umutekano w’abantu babarirwa mu bihumbi bateraniye imbere no mu nkengero z’inyubako, ibikorwa byo kwiyamamaza by’iri joro, birasubikwa kugeza ku yindi tariki.”
“Murakoze cyane kuba mwaje, nyabuneka nimujyende mu mahoro.”

Igihe yavugiraga kuri televiziyo ya Fox News nyuma y’ibyo bikorwa, bwana Trump yahakanye ko adakoresha imvugo y’urwango cyangwa kugira uruhare urwo ari rwo rwose mu gukongeza amacakubiri.
Hari abigaragambya babanje gusohorwa mbere y’imirwano

Yagize ati : ”Mpagarariye itsinda ry’abantu benshi bafite uburakari bwinshi,”hari umujinya mwinshi cyane ku mpande zombi.”
Igihe yavugaga ku cyemezo cyo gusbika ibikorwa byo kwiyamamaza yagize ati:
”Ntekereza ko ari ikintu cyiza twakoze, ntekereza ko ari icyemezo kirimo ubuhanga.”
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengiyumva Philipe/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *