Indege ya Air France yasubiye i Beijing igitaraganya nyuma y’iminota ihagurutse

Sangiza iyi nkuru

Indege ya Air France yerekezaga i Paris mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu yasubiye inyuma igitaraganya nyuma gato yo guhaguruka i Beijing nyuma y”ikibazo cya tekiniki”, ariko ibasha kugwa neza nk’uko byemezwa n’iyi kompanyi.

Abapilote b’iyi ndege yo mu bwoko bwa Boeing-777, “bahisemo gusubira i Beijing nyuma y’iminota 14 indege ihagurutse kubera ko hagaragaye ikibazo cya tekiniki”, nk’uko Air France yabitangaje mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatandatu.

Mu rindi tangazo ryasohoye ku manywa i Paris, Air France yavuze ko “kunanirwa kwa sisitemu y’umwuka ku ndege byatumye habaho igitutu gikabije muri imwe mu miyoboro itanga umwuka, ikwirakwiza umukungugu mu ndege.

Guturika kwatangajwe mu ndege

Ikinyamakuru Beijing Daily cyatangaje ko mu ndege “humvikanye guturika ahagana inyuma kandi umwotsi wirabura wasohotse”. Iki kinyamakuru cyo mu Bushinwa cyanditse kiti: “Ku bw’amahirwe, nta muntu wakomeretse.”

Umuvugizi wa Air France we yavuze ko urusaku rwatewe n’umwuka ukabije wasohokaga mu muyoboro ariko nta muriro.

Imirimo yo gusuzuma ko imeze neza izakorerwa ku ndege ivugwa mbere y’uko isubizwa mu kazi

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *