Indege z’intambara za Amerika zasenye ububiko 2 bw’intwaro muri Syria

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatanu, indege ebyiri z’intambara za Amerika zagabye ibitero ku bubiko bw’intwaro n’amasasu muri Syria mu rwego rwo kwihorera ku bitero byagabwe ku ngabo za Amerika n’inyeshyamba zishyigikiwe na Irani mu gihe impungenge zikomeje kwiyongera ko amakimbirane ya Israel na Hamas ashobora gukwirakwira mu Burasirazuba bwo Hagati.

Pentagon yavuze ko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yategetse ko hagabwa ibitero ku bubiko bubiri byombi byakoreshejwe n’Ingabo za Iran n’imitwe yitwara gisirikare ishyigikiwe na Iran nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ivuga.

Mu cyumweru gishize ingabo za Amerika n’izindi bafatanyije zagabweho ibitero byibuze inshuro 19 muri Irak no muri Syria bigabwa n’inyeshyamba zishyigikiwe na Iran. Imitwe ya Hamas, Islamic Jihad na Hezbollah yo muri Liban, yose ishyigikirwa na Tehran.

Ku wa Kane, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Iran, Hossein Amirabdollahian, yavugiye mu Muryango w’Abibumbye ko niba igitero cya Israel kuri Hamas kidahagaze, Leta Zunze Ubumwe za Amerika “zitazarokoka uyu muriro”.

Kuri uyu wa Gatanu ahagana mu ma saa kumi n’igice za mu gitondo ( (0130 GMT) ) nibwo Indege z’intambara za Amerika zo mu bwoko bwa F-16 zarashe hafi ya Abu Kamal, umujyi wa Syria ku mupaka na Irak nk’uko byemejwe n’umuyobozi muri minisiteri y’ingabo ya Amerika.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *