Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe(AU), itangaza ko igiye kohereza indorerezi zayo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Indorerezi zayo mu rwego rwo kurushaho guhagarakira amatora ngo azarusheho kugenda neza.
Misiyo y’izi ndorerezi nk’uko bivugwa n’uyu muryango wa Afurika izaba igizwe n’Abantu bagera kuri 65 kandi bakazakora igihe kigufi guhera tariki 13/12 kugeza kuri 26/12/23.Ni mu gihe amatora ateganyijwe taliki 20 Ukuboza 2023.
Icyo izi ndorerezi zizitaho cyane ni ukureba niba amatora azakorwa hisunzwe amategeko y’itegeko nshinga rigenga Amatora. Ikindi bazisunga n’ukureba niba Amatora azakorwa mu buryo bujanye na Demokarasi.
Ikindi kandi n’uko hari irindi tsinda rya Kabiri biteganijweko rizakorana ibiganiro n’Amashyaka ya politike ari mumatora kandi bazagenzura uko umunsi wanyuma wo kwiyamamaza uzabawitabiriwe n’abaturage kuba kandida, bazarebera hamwe n’ubundi uko amatora azakorwa n’ubwitabire azaba afite bwa banyekongo.
Nyuma y’ibyo iritsinda rizashirahanze ibyagaragaye muri ariya Matora dutegereje muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Izi ndorerezi bivuzwe ko zizaza muri RDC , nyuma y’uko indorerezi z’Umuryango w’Abibumbye zikuye akarenge kazo muri iki gihugu zigishinja kutaziha ubwisanzure mu gukora akazi kazo harimo no kwimwa umwanya w’aho gutereka ibikoresho byazo mu buryo bwabugenewe.


