Abakozi b’urwego rwa Polisi ya Repubulika ya Centrafrika (CAR) rushinzwe kurwanya amabandi ruzwi nka OCRB, ku wa 10 Gicurasi 2021 bataye muri yombi indwanyi kabuhariwe y’Umufaransa yitwa Juan Remy Quignolot, bayikekaho gukorana n’imitwe yitwaje intwaro irwanya ubutegetsi.
Nk’uko tubikesha Ibiro Ntaramakuru by’Abanyamerika (AP), Intumwa Nkuru ya CAR, Eric Didier Tambo yatangaje ko uyu musirikare yatawe muri yombi abakozi b’uru rwego bari bamaze gusaka urugo abamo, basangamo imbunda zirimo : mudahusha (snipers), mashinigani (machine guns), pisitoli (pistols), amasasu menshi ndetse n’amafaranga akoreshwa mu bihugu bitandukanye.

AP n’ibindi bitangazamakuru bivuga ko Quignolot yari asanzwe akekwaho gukorana n’imitwe yitwaje intwaro, aho bivugwa ko hari ifoto yigeze gusakara imugaragaza ari kumwe na Ali Darassa, kimwe mu byihebe bikomeye muri CAR, gusa nta cukumbura ryigeze rikorwa ryakwemeza niba koko bombi barigeze guhura cyangwa se bakorana.
Quignolot mbere y’uko atabwa muri yombi, yahakanye ibi byaha Leta ya CAR imukekaho, avuga ko yageze muri iki gihugu agiye gukora akazi ko gutoza ikigo cyigenga gishinzwe gucunga umutekano mu murwa mukuru, Bangui, gusa AP yatangaje ko iki kigo itatangarije amazina cyamwihakanye.
Quignolot w’imyaka 55 y’amavuko yabaye umusirikare ukomeye mu ngabo z’u Bufaransa, akaba yarahoze mu mutwe w’abakomando barwanira mu kirere bazwi nka parakomando.
Mu gihe ari mu maboko ya Leta ya CAR, Umuvugizi wayo, Ange Maxime Kazagui yatangaje ko hagikorwa iperereza, dosiye ye ikazakuriranwa n’ubutabera.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


