Indwara isa nk’ubushita yari imenyerewe muri Afurika yageze no mu Burayi na Amerika

Sangiza iyi nkuru

Ishami rishinzwe ubuzima rusange rya Massachusetts muri Amerika kuri uyu wa Gatatu ryatangaje ko hatahuwe virusi itera indwara imeze nk’ubushita ku mugabo uherutse kujya muri Canada.

Ikigo cyo muri Amerika gishinzwe kurwanya no gukumira indwara (CDC) ku gicamunsi cyo ku wa gatatu cyatangaje ko laboratoire zayo zemeje ko iyi ndwara ari ‘monkeypox’.

Ikigo cya Leta cyavuze ko kiri gukorana na CDC n’abashinzwe ubuzima bireba ku rwego rw’ibanze kugira ngo bakurikirane amakuru y’abantu babonanye n’uwo mugabo, gusa yongeraho ko “iki kibazo nta kaga giteye ku baturage, kandi uwo muntu ari mu bitaro kandi ameze neza.”

Ikigo gishinzwe ubuzima rusange cya Canada nacyo kuri uyu wa Gatatu nimugoroba cyasohoye itangazo kivuga ko kizi ko iyi ndwara yanageze mu Burayi kandi ko gikurikiranira hafi uko ibintu bimeze ubu, cyongeraho ko muri iki gihe nta kibazo cyigeze kiboneka.

Monkeypox, ubusanzwe igaragara cyane mu burengerazuba no hagati muri Afurika, ni indwara iterwa na virusi idasanzwe ijya gusa nk’indwara y’ubushita (Smallpox), nubwo yoroshye nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ivuga.

Yagaragaye bwa mbere muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu myaka ya za 70. Umubare w’abayandura muri Afurika y’Iburengerazuba wakomeje kwiyongera mu myaka icumi ishize.

Ibimenyetso birimo umuriro ukabije, kubabara umutwe no kwangirika uruhu guhera mu maso n’umubiri wose.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *