ff0ff2f0-4cf1-11f0-9604-9d8ffb525450.jpg

Ingabire arahakana ibyaha ashinjwa birimo gushaka guhirika ubutegetsi

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 15 Nyakanga, Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi, Victoire Ingabire, yitabye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro aregwa ibyaha bitandatu, birimo umugambi wo guhirika ubutegetsi buriho no kurema umutwe w’abagizi ba nabi.

Ingabire Victoire yatawe muri yombi muri Kamena, nyuma y’aho Urukiko Rukuru rutegetse ko akorwaho iperereza ku buhamya bwatanzwe n’itsinda ry’abantu 9 na bo baregwa mu rundi rubanza.

Uyu munyapolitikikazi ahakana ibyaha byose aregwa, akemeza ko akurikiranwe kubera igitutu urukiko rukuru rwashyize ku bushinjacyaha, kuko ngo ibyo akurikiranweho yari yanabibajijweho mu myaka 4 ishize, ariko ngo bigaragara ko nta mpamvu yo gukomeza kumukurikirana.

Mbere y’uko urubanza rutangira, Ingabire wunganirwa na Maitre Gatera Gashabana, yazamuye inzitizi z’uko atahawe uburenganzira bwose bwo kunganirwa uko abyifuza. Uyu yifuzaga kunganirwa n’umunyamategeko wo muri Kenya ariko ntibyamukundira.

Umuyobozi w’urugaga rw’abanyamateko bemewe mu Rwanda, Moïse Nkundabarashi, yavuze ko uyu munyamategeko yanditse ariko atakwemererwa gukora kuko urugaga rwa Kenya na rwo rutemera abanyamategeko b’Abanyarwanda.

Ingabire ashinjwa n’ubushinjacyaha ibyaha bitandatu, birimo kurema no kuba mu mutwe w’abagizi ba nabi, guteza imvururu muri rubanda, n’umugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi buriho.

Ni ibyaha byiganjemo ibisa n’ibishinjwa itsinda ry’abantu 9 b’abayoboke b’ishyaka DALFA-Umurinzi ryashinzwe na Ingabire Victoire ariko ritaremererwa gukorera mu Rwanda.

Aba bafashwe mu mwaka wa 2021, nyuma y’uko bitabiriye amahugurwa ku buryo bwo guhangana n’ubutegetsi bw’igitugu hadakoreshejwe intwaro.

Urukiko ruzafata umwanzuro kuwa 18 Nyakanga ku ifungurwa ry’agateganyo Ingabire asaba.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *