Ingabo z’u Burundi ziravugwaho kwica abarwanyi ba M23

Sangiza iyi nkuru

Ingabo z’u Burundi ziri mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya demukarasi ya Congo, ziravugwaho kwica abarwanyi batatu b’umutwe witwaje intwaro wa M23.

Amakuru umunyamakuru Justin Kabumba w’Umunyekongo ahamya ko yemejwe n’umuvugizi w’ingabo za EAC zikorera muri RDC, Lieutenant Reagan Mbuyi, aravuga ko undi murwanyi mwe wa M23 yafashwe mpiri.

Ibi ngo byabereye mu mirwano y’ingabo z’u Burundi n’abarwanyi ba M23 yabereye muri Kitshanga, teritwari ya Masisi, mu masaa kumi n’imwe y’igitondo cyo kuri uyu wa 10 Kamena 2023.

Aya makuru agiye hanze mu gihe hamaze iminsi havugwa imirwano hagati ya M23 n’imitwe yitwaje intwaro bivugwa ko ishyigikiwe na Leta ya RDC nka Nyatura Domi, za Mai Mai ndetse n’urubyiruko rwitwa Wazalendo, ikaba ibera hafi y’aho ingabo z’u Burundi zigenzura.

M23 yo ntacyo iratangaza kuri aya makuru, gusa mu itangazo rya nyuma ryashyizwe hanze tariki ya 4 Kamena na Lawrence Kanyuka uyivugira, yavuze ko ihuriro ry’ingabo za Leta n’imitwe yitwaje intwaro ryanze kubahiriza ihagarikwa ry’imirwano.

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. Ingabo z’u Burundi ziravugwaho kwica abarwanyi ba M23
    Ariko abantu bagiye bareka kubeshya. Sibyo tee duh Ari twabiiboneye ni abiyita abazalendo Ariko si m23.
    Nonese m23 iba ikicanga?
    Cette information est fausse. N’uwo batwaye twamurebaga ni umu zalendo ex maimai

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *