Umutwe witwaje intwaro wa TPLF uharanira ubwigenge bw’akarere ka Tigray urashinja ingabo za Ethiopia kuwugaba ibitero bikomeye mu bice byose byo mu karere ka Amhara.
Nk’uko BBC yabitangaje, Getachew Reda uri mu bayobozi bakuru ba TPLF avuga ko ingabo za Ethiopia zatangiye ibi bitero mu cyumweru gishize, ngo zikaba ziri gukoresha intwaro ziremereye, indege z’intambara n’intoya zitagira abapilote zizwi nka drones.
Leta ya Ethiopia ntiyemeje cyangwa ngo ihakane iby’ibi bitero, gusa Umuvugizi wa Minisitiri w’Intebe, Billene Seyoum, yatangaje ko ifite inshingano yo kurinda abaturage bayo ibikorwa by’iterabwoba.
Amhara ni akarere abarwanyi ba TPLF bari barakomerejemo ibitero ku ngabo za Leta, nyuma yo kwigarurira umurwa mukuru wa Tigray witwa Mekelle wose.


