Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro mu Burasirazuba bwa Congo (Monusco) kuri uyu wa Gatanu ushize bwavuze ko bwakiriye ibirego bishinja ingabo za Tanzania ihohotera rishingiye ku gitsina zakoreye mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Congo.
Monusco mu itangazo yashyize ahagaragara ivuga ko yakiriye ibirego bishinja ingabo zayo , ibyaha byakorewe mu giturage cya Mavivi kuwa 23 Werurwe, yahise itangira iperereza nubwo iryo tangazo ritavuga umubare w’ibyaha nk’ibyo byakozwe cyangwa ngo ritange ibisobanuro birambuye.

Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zakunze gushinjwa ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina zikora mu butumwa butandukanye ziba zoherejwemo, Loni ikaba ivuga ko ibirego 99 byashinjijwe ingabo zayo mu mwaka ushize gusa.
Umuryango w’Abibumbye muri iki cyumweru dusoza wavuze ko wongereye iperereza mu birego bishya bishinjwa ingabo z’amahanga zishinzwe kubungabunga amahoro n’umutekano muri Centrafrica. Loni ikaba ivuga ko imaze guhata ibibazo abantu 108 bivugwa ko bakorewe ibyaha biganjemo abana bakiri bato.
Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Congo bwatangijwe bukurikira intambara yabaye hagati y’1998 kugeza mu 2003 nk’uko Reuters dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga, nibwo butumwa burimo ingabo nyinshi ku Isi, aho bugizwe n’abasirikare 20,000.
Tubibutse kandi ko Akanama k’Amahoro n’Umutekano k’Umuryango w’Abibumbye gaherutse kongerera umwaka Monusco ngo ikomeze kubungabunga amahoro mu burasirazuba bwa Congo mu gihe muri iki gihugu hitegurwa amatora muri uyu mwaka wa 2016.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


