Ingabo z’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi, EU, zatangiye ubutumwa bwo gutoza izidasanzwe n’izirwanira mu mazi za Mozambique, mu rwego rwo kuzongerera ubushobozi bwo guhangana n’umutwe w’iterabwoba uhungabanya umutekano w’intara ya Cabo Delgado.
Umuhango wo gutangiza ubu butumwa wafunguwe kuri uyu wa 2 Ugushyingo 2021, ukaba witabiriwe na Minisitiri w’ingabo wa Mozambique, uwa Portugal na ba Ambasaderi b’ibihugu bigize EU muri Mozambique.
Muri Nyakanga 2021 ni bwo akanama ka EU gashinzwe umutekano kemeje ko ingabo 140 z’ibihugu bigize uyu muryango zoherezwa gutoza ingabo za Mozambique, zikaba zirayoborwa na Brigadier General Nuno Lemos Pires.
Byitezwe ko ubu butumwa buzamara imyaka ibiri. Buteganyirijwe ingengo y’imari y’Amayero miliyoni 15.16.
Gusa ariko n’ubwo ubu butumwa bwatangiye, EU yemeza ko ibikenewe byose ngo bukorwe neza bitaraboneka. Byitezwe ko byose bizaba byabonetse bitarenze mu Kuboza 2021.


