Tanzaniya yabujije Kenya Airways gukora ingendo z’indege hagati ya Nairobi na Dar-es-Salaam mu rwego w kwihorera kuri Kenya.
“Ibi ni ugusubiza icyemezo cyafashwe n’abayobozi bashinzwe indege ba Repubulika ya Kenya cyo kwanga icyifuzo cya Tanzaniya gisaba gukoresha indege z’imizigo za Air Tanzania Company Limited hashingiwe ku burenganzira bw’ubwisanzure mu rujya n’uruza hagati ya Nairobi n’ibindi bihugu, binyuranyije n’ingingo ya 4 y’amasezerano y’ubwumvikane kuri serivisi zo mu kirere, hagati ya Tanzaniya na Kenya yashyizweho umukono ku wa 24 Ugushyingo 2016 i Nairobi muri Kenya, ”ibi bikaba byavuzwe n’Umuyobozi mukuru w’ikigo gishinzwe iby’indege za gisivili muri Tanzaniya.
Yongeyeho ati: “Nyuma y’iki Cyemezo, nta ngendo z’indege zitwara abagenzi za KQ hagati ya Nairobi na Dar es Salaam guhera ku wa 22 Mutarama 2024”.
Biteganijwe ko iki cyemezo kizahagarika ingendo z’indege hagati y’ibihugu byombi nk’uko tubikesha chimpreports.
Izi ngendo zikunze gukorwa cyane muri ba mukerarugendo n’abacuruzi. Inzira ya Nairobi-Dar es Salaam yinjiriza kandi amafaranga menshi Kenya Airways ikora ingendo 33 mu cyumweru.
Mu mwaka wa 2020, Tanzaniya nabwo yahagaritse by’agateganyo ingendo za Kenya Airways “mu rwego bwo gusubiza ” nyuma y’uko Guverinoma ya Kenya ifashe icyemezo cyo kwanga gushyira Tanzaniya ku rutonde rw’ibihugu abagenzi bemerewe kwinjira muri Kenya igihe indege z’ubucuruzi zasubukuraga ingendo nyuma y’amabwiriza yo gukumira coronavirus.
Ihagarikwa ryakuweho nyuma y’uko Kenya isoneye abenegihugu ba Tanzaniya mu kato k’ibyumweru bibiri.


