Inkingo za Covid-19 zigera muri miliyoni zigiye kwangizwa muri Nigeria

Sangiza iyi nkuru

Abayobozi mu rwego rw’ubuzima muri Nigeria batangaje ko bagiye kwangiza inkingo zibarirwa muri miliyoni za Covid-19 zarengeje igihe (Expired) mbere y’uko zikoreshwa.

Nigeria ikaba yafashe icyemezo cyo kutazongera kwakira inkingo zibikwa igihe gito.

Ni Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Ikigo cy’Igihugu cy’iterambere mu by’Ubuvuzi (NPHCDA) muri Nigeria, Faisal Shuaib wabitangaje mu kiganiro n’itangazamakuru mu ntangiriro z’iki cyumweru i Abuja.

Yavuze ko inkingo zigera muri miliyoni zarengeje igihe zakuwe muri gahunda yo gutanga inkingo mu gihugu.

Shuaib yongeyeho ko abayobozi barimo gukorana n’ikigo cy’igihugu gishinzwe kugenzura imiti na minisiteri y’ibidukikije kugira ngo inkingo zisenywe hakurikijwe amabwiriza y’ubuzima, umutekano n’ibidukikije.

Inkuru dukesha AFP irakomeza ivuga ko inkingo zarengeje igihe ari impano yavuye mu Burayi binyuze muri gahunda mpuzamahanga yo gusaranganya inkingo ya COVAX, nk’uko amakuru avuga, kandi ni zo nkingo nyinshi zigiye kurenza igihe mu gihugu.

Mu cyumweru gishize abayobozi ba Nigeria bavuze ko kurenza igihe byatewe no kuba zarabitswe neza igihe gito mbere y’uko zigera mu gihugu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *