pk-63-70f61

Intsinzi ya PSG na Atlético yashimwe na Perezida Kagame

Sangiza iyi nkuru

 

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yashimye amakipe ya Atlético de Madrid na Paris Saint-Germain nyuma yo kugera muri ½ cy’irangiza cya UEFA Champions League.

Ibi byabaye nyuma y’imikino yo kwishyura ya ¼ yabaye ku wa 14 Mata 2026, aho PSG yatsinze Liverpool FC ibitego 2-0, biyihesha gukomeza ku giteranyo cya 4-0 mu mikino yombi.

Ku rundi ruhande, Atlético de Madrid yakomeje isezerera FC Barcelona nubwo yatsinzwe umukino wo kwishyura ibitego 2-1, kuko mu giteranyo cy’imikino yombi yatsinze ku bitego 3-2.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, Perezida Kagame yashimiye cyane PSG ku mikinire myiza n’intsinzi yabagejeje muri iki cyiciro, anabifuriza kuzitwara neza mu mikino iri imbere. Yanashimye kandi Atlético de Madrid nk’umufatanyabikorwa mushya wa gahunda ya Visit Rwanda, ayifuriza gukomeza gutsinda no kwitwara neza.

Mu mikino ya ½, PSG izahura n’izatsinda hagati ya Real Madrid na Bayern Munich, mu gihe Atlético de Madrid yo izacakirana n’izatsinda hagati ya Arsenal FC na Sporting CP.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *