Polisi yo mu mujyi wa Ohio iherutse gushimira bamwe mu bakozi bay o ubwo bangaga guhungabanya inyoni yaje kwarika mu modoka bagategereza ko izararira igaturaga bakabona gukomeza akazi ka bo uko bikwiye.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Aba bapolisi bavuga ko bari basanzwe bafite imodoka 2 basimburanya mu kazi ko gucunga umutekano, ubwo bazaga bagasanga inuma yashyize ibyatsi ku kizuru cy’imwe muri izo modoka ndetse iryamyemo.
Aba bapolisi rero birinze guhungabanya iyi nyoni ahubwo bayishakira umutaka wo kuyikingira imvura cyangwa izuba ry’igikatu n’ikindi cyaturuka ku ruhande ngo kibe cyayihungabanya.

Ikinyamakuru bwiza.com cyabonye amakuru avuga ko umuvugizi w’iki gipolisi , Kevin Riley yagize ati Abapolisi ni abanyamahoro bashinzwe gucunga umutekano w’abantu ndetse n’inyamaswa. Ibyo bakoze rero barabigombaga nta bwo bagiye kure y’umwuga wa bo.”
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Polisi ikomeza ivuga ko mu gihe hari aho yashakaga kujya ikoresheje iyo modoka, yagendaga yigengesereye ngo amagi y’iriya nyoni atangirika, ibi bazikora mu minsi isaga 20 kugeza ituraze amagi ya yo havamo abana ubundi zirigurukira.

Kanda hano ubone amakuru yihuse kandi ku gihe kuri Facebook no kuri twitter
Gentille@Bwiza.com


