Inyeshyamba za Riek Machar ziravuga ko zugarijwe n’ibitero by’imitwe ishyigikiye leta

Sangiza iyi nkuru

Inyeshyamba zo mu mutwe uyobowe na Dr Riek Machar muri Sudani y’Epfo zirashinja guverinoma y’iki gihugu kuba inyuma y’imitwe yitwaje ibirwanisho irimo kuzirasaho ibisasu bya bombe ku bwinshi, zivuga ko ibi bishobora gukurura intambara ikomeye nk’uko byatangarijwe Chimpreports dukesha iyi nkuru.

Umuvugizi w’uyu mutwe wa SPLA-IO wa Riek Machar witwa Col William Gatjiath Deng, yatangaje ko abarwanyi bayobowe n’uwitwa Mathiang Anyor, ushyigikiye guverinoma ya perezida Salva Kiir, bagabye ibitero ku birindiro byabo ahitwa Yuai, Ayod, Kuek, Marmour, Mayiandit na Kola. Ni mu gihe aba barwanyi ba mathiang bivugwa ko bafite ibirindiro muri Upper Nile no muri Leta ya Jonglei.

Abateye umutwe wa Machar bivugwa ko batangaje ku mugaragaro ko bashyigikiye guverinomaya Salva Kiir ndetse bakiyemeza kurwanya bivuye inyuma inyeshyamba za Riek Machar.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Kuri uyu wa gatandatu ushize no ku Cyumweru, itariki 12 Werurwe 2017, ngo ingabo za Mathiang zikaba zaravuye mu birindiro byazo zikagaba ibitero ku birindiro bya SPLA-IO nk’uko byemejwe na Col Deng. Yakomeje avuga ko ingabo zabo zabashije kwirwanaho zigasubiza inyuma abarwanyi ba mathiang Anyor bari babateye aho barwaniye hose.

Naho umuvugizi w’igisirikare cya leta, Brig. Gen. Lul Ruai Koang, we yahakanye ibyo bashinjwa avuga ko ahubwo ingabo za leta n’iz’imitwe ishyigikiye guverinoma zashotowe n’inyeshyamba za Machar nazo zikaba zaragombaga kwirwanaho.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *