HEioBjMbQAA14pN_1774801046562_1774801058380

Inyuma y’igitero cya Iran ku ndege kabuhariwe AWACS y’Abanyamerika: Haba hari ubufasha bwa Moscou?

Sangiza iyi nkuru

Iraswa ry’indege y’ubugenzuzi ya Amerika ku birindiro by’indege bya Prince Sultan muri Arabie Saoudite ni igikorwa gikomeye cya gisirikare gitangaje benshi. Ese Moscou yaba yarafashije Tehran mu ibanga gutera umwe mu mitungo ikomeye cyane mu ntwaro za Amerika?

Intambara hagati ya Washington na Tehran ikomeje gufata indi ntera. Ku ya 27 Werurwe, igitero cya Irani cyagabwe ku Kigo cy’Ingabo za Prince Sultan muri Arabie Saoudite cyasenye indege y’Abanyamerika yo mu bwoko bwa E-3 Sentry AWACS, ifatwa nk’ijisho ry’ikirere.

Izi ndege, zizwiho ubuhanga buhanitse mu butasi, zifite agaciro kanini kuko imwe igura hafi miliyoni 700 z’amadorali y’Amerika. Bivugwa ko igitero cyakozwe hifashishijwe misile n’indege zitagira abapilote (drones).

Iki si igikorwa gisanzwe. AWACS si indege isanzwe, ni ikoranabuhanga rikomeye mu butasi: igenzura ikirere, igafasha kumenya ibitero bikiri kure, igahuza ibikorwa by’indege z’intambara, ndetse ikanayobora imirwano yo mu kirere.

Kuba indege ifite agaciro nk’aka yararashwe ku birindiro biri mu mutima w’aho Amerika ifite imbaraga ni ikintu gikomeye cyane. Benshi bakomeje kwibaza niba Irani yaba yarabonye inkunga y’Uburusiya muri iki gitero.

AWACS: Ikimenyetso cy’imbaraga za Amerika cyasenywe

Raporo za mbere zatangajwe n’itangazamakuru ryo muri Amerika, nka Air & Space Forces Magazine, zagaragaje ko igitero cyibasiye ikibuga cy’indege cya Prince Sultan cyakozwe hifashishijwe misile na drones. Cyanakomerekeje abasirikare b’Abanyamerika ndetse cyangiza n’izindi ndege, harimo n’izitanga lisansi mu kirere.

Igitangaje si igitero gusa, ahubwo ni uko cyakozwe mu buryo bugaragaza ubuhanga buhanitse. Amerika ifite umubare muto w’izi ndege za AWACS, kandi ni ingenzi cyane ku buryo kuzisimbuza byihuse bigoye.

Amashusho yagiye hanze agaragaza ko yangiritse bikomeye, ibintu bishyira mu kaga ibikoresho bya gisirikare bya Amerika mu kigobe cya Persi.

Isesengura ry’amashusho ya satelite ryasohotse mu minsi ishize rishimangira ko iyi ndege ishobora kuba itagishoboye gusanwa.

Mu rwego rwa gisirikare, ibi bifite ingaruka zikomeye: Irani ntiyibasiye gusa ibirindiro, ahubwo yagaragaje ko ishobora no guhungabanya ubushobozi bwa Amerika mu kumenya amakuru, kuyasesengura no gutegura ibitero.

Ese Iran yabigezeho ite?

Iki ni cyo kibazo cy’ingenzi: Iran yabashije ite kugera ku ntego irinzwe cyane nk’iyi?

AWACS isanzwe irindwa cyane kubera agaciro kayo n’uruhare rwayo. Kuyirasaho bisaba amakuru ahagije: aho iherereye, uko irinzwe n’igihe ishobora kuboneka.

Aha ni ho havuka igitekerezo cy’uko haba hari ubufasha bwaturutse hanze.

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yigeze gutangaza ko Uburusiya bwahaye Irani amakuru y’amashusho ya satelite mbere y’ibitero bimwe na bimwe byibasiye inyungu za Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati.

Ibi birego byakwirakwijwe cyane mu bitangazamakuru mpuzamahanga, ariko ntibirahabwa gihamya simusiga na Washington.

Kugeza ubu, nta gihamya yemeza ko Moscou ari yo yagize uruhare rutaziguye muri iki gitero. Ariko impamvu iki gitekerezo gikomeza kugarukwaho ni uko Uburusiya na Irani bisanzwe bifitanye ubufatanye bwa gisirikare.

Moscou na Tehran: Ubufatanye buriho

Mu myaka ishize, Uburusiya na Irani byakomeje gukorana mu nzego zitandukanye zirimo iza dipolomasi n’iza gisirikare.

Harimo guhanahana ikoranabuhanga, cyane cyane mu by’indege zitagira abapilote, uburyo bwo kwirwanaho, no kurwanya ibihano by’ibihugu by’i Burengerazuba.

Muri uru rwego, gusangira amakuru y’ubutasi si ibintu bitangaje.

Ku ruhande rwa Moscou, bishobora kuba bifite inyungu ebyiri: Gushyira igitutu kuri Amerika mu gihe yatekereza kujya mu ntambara na Irani no kugerageza ubushobozi bwa Amerika mu kindi gice cy’isi kitari Ukraine.

Ibi kandi bituma Amerika isabwa gukoresha umutungo wayo mu bice byinshi by’isi icyarimwe: i Burayi, mu Burasirazuba bwo Hagati no mu karere ka Indo-Pacique.

Intambara iri guhindura isura

Ibi byose bigaragaza impinduka mu buryo intambara z’iki gihe zikorwa: Iran ikoresha uburyo buhendutse ariko bukora neza: drones, misile n’ibitero bigamije intego zihariye.

Uburusiya bushobora gutanga amakuru y’ingenzi mu ibanga.

Abafatanyabikorwa ba Irani bagakora uruhare rwa dipolomasi.

Ubu ni uburyo bw’intambara idasanzwe, itaziguye, kandi ihindagurika, bugora cyane Amerika kurusha intambara yeruye isanzwe.

Ntabwo bikiri ikibazo cyo guhagarika misile gusa, ahubwo ni no guhangana n’urusobe rw’abanzi bakorana kandi basangira amakuru.

Umuburo ukomeye kuri Washington

Ibi byerekana ko n’imitungo ya Amerika yafatwaga nk’idakorwaho ishobora kugerwaho.

Iran yagaragaje ko ishobora gutera aho ishaka no ku ntego yifuza. Niba kandi Uburusiya bwaba bwaragize uruhare, byaba bisobanuye ko Amerika ihanganye n’urusobe rw’imikoranire ya gisirikare ruhuriweho n’ibihugu byinshi.

Ikibazo ntikikiri gusa niba AWACS yararashwe, ahubwo ni ukumenya umubare n’imiterere y’abagize uruhare mu gutuma iki gitero gishoboka.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *