Trump, Iran na Kongere: Intambara ya Politiki Yatangiye i Washington

webp

Mu gikorwa cyafashwe nk’igihombo gikomeye cya politiki kuri Perezida wa Amerika, Donald Trump, mu cyumweru gishize Inteko Ishinga Amategeko y’icyo gihugu yatoye umwanzuro ugamije kugabanya ububasha bwe bwo gukomeza ibikorwa bya gisirikare muri Iran atabanje kubihererwa uburenganzira na Kongere. Uyu mwanzuro watowe n’abadepite 215 bawushyigikiye, mu gihe 208 bawurwanyije. Abadepite bane bo mu Ishyaka ry’Aba-Republicains […]

Intambara yo kunaniza AFC/M23: Intwaro nshya ya Congo?

20260606 123105

Mu gihe umutwe wa M23 ukomeje kugenzura ibice byinshi bya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo, harimo imijyi ikomeye nka Goma na Bukavu, hari ikibazo gikomeje kwibazwa: Ese Leta ya Kinshasa yaba yarahinduye amayeri, ikava ku gushaka gutsinda M23 vuba, ikajya ku kuyinaniza mu ntambara y’igihe kirekire? Bamwe mu bahanga mu bya gisirikare bavuga ko ibimenyetso […]

Nyuma y’imyaka 57 kuki Samia Suluhu yerekeje i Moscow, ni iki Putin ashaka muri EAC?

Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, yatangiye uruzinduko rw’amateka mu Burusiya ku butumire bwa Vladimir Putin. Ni uruzinduko rwa mbere rw’umukuru w’igihugu cya Tanzania i Moscow kuva igihe uwashinze Tanzania ya none, Julius Nyerere, yahasuraga mu 1969. Nubwo mu itangazo rya leta ya Tanzaniya yatangaje ko uruzinduko rugamije guteza imbere ubucuruzi, ishoramari n’ubufatanye hagati y’ibihugu […]

Operation Mincemeat: Ibanga rikomeye ry’ubutasi ryaguye Hitler gitumo hakoreshejwe umurambo

original

Mu mateka y’Intambara ya Kabiri y’Isi Yose, ibikorwa by’ubutasi byagize uruhare rukomeye mu kugena icyerekezo cy’urugamba. Bike nka ‘Operation Mincemeat’ ni byo byamamaye. Iyi Operasiyo ni umugambi wateguwe n’inzego z’ubutasi z’u Bwongereza mu 1943, wakoresheje umurambo w’umuntu wapfuye kugira ngo uyobye ubutegetsi bw’aba Nazi bwari buyobowe na Adolf Hitler. Umugambi wo kurinda ibanga ry’igitero cya […]

Radari ntizica iryera: Sobanukirwa intwaro ziteye ubwoba za Moscou

800px CombatLaunching2018 14

Mu gihe intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine ikomeje gufata indi ntera, Moscou yongeye gukoresha ubwoko bw’ibisasu n’indege zitagira abapilote biri mu bihangayikishije cyane isi. Mu mezi ya vuba, ibikorwa byo kurasa missiles zo mu ntera ndende no kohereza drones byakajije umurego, ibintu inzobere mu by’umutekano zivuga ko bishobora guhindura uburyo iyi ntambara iri kugenda. […]

Kigali ntiyakomeza kwikorera umutwaro yonyine: Abasesenguzi b’i Washington

2025 12 04T191314Z 173990078 RC2V9IADTB06 RTRMADP 3 USA TRUMP RWANDA CONGO 1764887531

Abasesenguzi bazwi mu bibazo by’umutekano muri Afurika bakomeje kugira ijambo rikomeye mu buyobozi bwa Perezida Donald Trump, Liam Karr na Yale Ford, bavuga ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikwiye gutangira gushyira igitutu kuri Leta ya Félix Tshisekedi niba zishaka ko amasezerano y’amahoro yasinyiwe i Washington hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo […]

Uko intambara yongeye kubura muri RDC nyuma y’amasezerano y’amahoro

2022 06 09T080603Z 844213124 RC2KGU9XPAHB RTRMADP 3 CONGO SECURITY

Mu gihe amahanga yari yatangiye kwizera ko ibiganiro by’amahoro hagati ya Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’ihuriro AFC/M23 bishobora kurangiza imyaka myinshi y’intambara mu Burasirazuba bwa Congo, ibintu byongeye guhinduka mu buryo bwatunguye benshi. Nyuma y’amasezerano yasinyiwe mu Busuwisi hagati y’impande zombi, imirwano yongeye kubura muri Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo. Amasasu yongeye […]

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego: Ese intambara iri kwinjira mu cyiciro gishya?

8f36e5a0 ed33 11f0 a422 4ba8a094a8fa

Mu gihe intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine igiye kuzuza imyaka irenga ine, ibikorwa bya gisirikare byabaye mu mpera za Gicurasi 2026 byongeye kwerekana ko iyi ntambara ikiri kure yo kurangira. Ibitero bikomeye Moscow yagabye kuri Kyiv n’indi mijyi ya Ukraine byasize bibajijwe byinshi ku cyerekezo cy’urugamba, ubushobozi bw’impande zihanganye ndetse n’uruhare ikoranabuhanga rikomeje kugira […]

Putin na Xi bongeye guhuza imbaraga: Afurika izabigiramo uruhare ruhe?

20260529 151317

Perezida w’Uburusiya, Vladimir Putin, mu cyumweru gishize yongeye kugirira uruzinduko rukomeye i Beijing aho yakiriwe na Perezida w’Ubushinwa Xi Jinping. Uru ruzinduko rwakuruye impaka nyinshi ku rwego mpuzamahanga, cyane cyane muri iki gihe isi iri guhinduka mu buryo bwa politiki, ubukungu n’umutekano. Abasesenguzi bavuga ko uru rugendo rutagamije gusa gutsura umubano usanzwe hagati y’ibihugu byombi, […]

Intambara ya Coltan: Impamvu Amerika iri gushyira imbaraga kuri Rubaya igenzurwa na M23

2101996

Mu gihe uburasirazuba bwa Congo bukomeje kuba indiri y’intambara hagati ya Leta ya Kinshasa n’umutwe wa M23, hari izina rimwe rikomeje kuvugisha amahanga menshi kurusha ahandi: Rubaya. Aka gace k’ibirombe bya coltan kari muri Kivu y’Amajyaruguru, kahindutse ihuriro ry’inyungu za Amerika, Congo, AFC/M23, akarere, u Burayi ndetse n’Ubushinwa mu rugamba rw’umutungo kamere wifuzwa cyane ku […]

Umushinga wo gucamo ibice Congo: Itegeko Nshinga ryateje intambara y’amagambo

thumbs b c 6647dce5b89e885b391d93b3ee4b6b28

Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impaka zishingiye ku mushinga wo kuvugurura Itegeko Nshinga zatangiye gufata indi ntera, ibintu benshi babona nk’ibishobora guhindura ahazaza h’ubutegetsi bw’iki gihugu gikomeye muri Afurika yo hagati. Mu byumweru bishize, bamwe mu banyapolitiki bo mu ishyaka riri ku butegetsi ndetse n’abegereye Perezida Félix Tshisekedi batangiye kuvuga ku gukosora cyangwa kuvugurura […]

Fanta: Ikinyobwa cyavukiye mu Budage bwa Hitler — Amateka atangaje benshi batazi

s l1200

Mu gihe benshi bazi Fanta nk’ikinyobwa cya orange gikundwa hirya no hino ku isi, bake ni bo bazi ko amateka yacyo ashingiye mu bihe bikomeye by’Intambara ya Kabiri y’Isi Yose, mu Budage bwari buyobowe na Adolf Hitler n’Abanazi. Ni inkuru itangaje yerekana uko intambara, ibihano by’ubukungu no kubura ibikoresho byatumye havuka ikinyobwa cyaje kuba kimwe […]

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego: Intambara iri kwinjira mu cyiciro gishya cy’ikoranabuhanga n’igitutsi ku Burayi

download 2

Mu mpera z’icyumweru gishize, isi yongeye gukangurwa n’ibitero bikomeye cyane u Burusiya bwagabye kuri Ukraine, cyane cyane mu murwa mukuru wa Kyiv. Ni ibitero byakozwe hakoreshejwe drones nyinshi icyarimwe, missiles zirimo ballistic missiles zifite umuvuduko mwinshi ndetse n’ibisasu bya hypersonic nka “Oreshnik”, ibintu abasesenguzi bavuga ko bishobora kuba ari intangiriro y’icyiciro gishya cy’iyi ntambara imaze […]

Amabanga y’umutingito wa politiki uri kunyeganyeza Senegal

Diomaye and Sonko 1

Muri Senegal ibintu bikomeje gufata indi ntera mu ntambara ya politiki hagati y’abahoze ari inshuti magara ku butegetsi. Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Senegal, Malick Ndiaye, yatangaje ko yeguye kuri uwo mwanya ku Cyumweru tariki ya 24 Gicurasi 2026, nyuma y’amasaha make gusa Perezida Bassirou Diomaye Faye yirukanye Minisitiri w’Intebe Ousmane Sonko ndetse agasesa Guverinoma […]

Iran yabaye ikibuga cy’intambara nshya: AI, ubutasi n’ihangana rya Amerika n’u Bushinwa

1x 1

Mu gihe intambara ya Iran ikomeje guhungabanya uburasirazuba bwo hagati, hari indi ntambara iri kubera inyuma y’amasasu: intambara y’ubwenge bw’ubukorano (AI), ubutasi n’ikoranabuhanga hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bushinwa. Uyu munsi, Washington na Beijing ntibikiri guhangana gusa ku bukungu cyangwa ku gisirikare gisanzwe. Birahanganye ku rwego rushya rw’intambara aho amakuru, ibyogajuru, AI […]

Ingufu za Nucléaire z’u Burusiya mu Rwanda: Inkuru Ishobora Guhindura Geopolitiki y’Akarere?

adobestock 953693055 cfb2b

Mu gihe isi ikomeje kwinjira mu bihe bishya by’ihangana hagati y’ibihugu bikomeye, Afurika iri kugenda ihinduka igicumbi cy’amarushanwa mashya adakoresha amasasu gusa, ahubwo yifashisha ikoranabuhanga, ingufu n’ubukungu. Muri uwo mukino mushya, u Burusiya buri kwagura umuvuduko wabwo ku mugabane wa Afurika binyuze mu masezerano ya gisirikare, ubucuruzi ndetse cyane cyane ingufu za nucléaire. Mu bihugu […]

Senegal mu ihungabana: Perezida Faye yirukanye Sonko, asesa Guverinoma yose

Diomaye and Sonko

Mu gihugu cya Senegal habaye ihinduka rikomeye muri politiki nyuma y’uko Perezida Bassirou Diomaye Faye yirukanye Minisitiri w’Intebe Ousmane Sonko ndetse agasesa Guverinoma yose, ibintu byatunguranye kubera uburyo aba bagabo bombi bari basanzwe bafatwa nk’inshuti za hafi n’abafatanyabikorwa ba politiki. Itangazwa ry’iki cyemezo kuri televiziyo ya Leta ya Senegal ryahise rikurura impaka zikomeye muri Afurika […]

Tariki ya 17 Gicurasi 1997: Umunsi Mobutu yahirimye, Congo igahindura isura y’amateka

Mobutu

Ku wa 17 Gicurasi 1997, umwe mu bayobozi bari bamaze igihe kirekire ku butegetsi muri Afurika, Mobutu Sese Seko, yahungiye hanze y’igihugu cye cya Zaïre nyuma y’igihe kinini igihugu kiri mu ntambara. Uwo munsi ni bwo umutwe wa Alliance des Forces Démocratiques pour la Libération du Congo-Zaïre wari uyobowe na Laurent-Désiré Kabila winjiye i Kinshasa […]

Ibanga rya Wall Street: Kuki Amerika ikeneye inguzanyo y’u Bushinwa ngo ibeho?

19098750 051426 cc ap trump xi img copy 1000x562 1

Mu gihe Amerika n’Ubushinwa bikomeje guhangana mu bucuruzi, ikoranabuhanga, ubutasi ndetse no ku butegetsi bw’isi y’ejo hazaza, hari ukuri gutangaje abantu benshi badakunda kuvuga: Amerika iri mu bihugu bifitiye Ubushinwa umwenda munini cyane. Nubwo Washington ikunze gushyira igitutu kuri Beijing mu bya dipolomasi n’ubukungu, Ubushinwa bwo bukomeje kuba umwe mu baguriza bakomeye Leta ya Amerika […]

EU na Kigali mu Ntambara ya Dipolomasi: TotalEnergies Iri hagati y’Umutekano n’Akaga

3 1

Mu gihe Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) uri kuganira ku guhagarika cyangwa kudasubizaho inkunga yahaga ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo gucunga umutekano muri Mozambike, haribazwa ibibazo bikomeye ku hazaza h’umutekano wa Cabo Delgado ndetse n’ishoramari rinini rya sosiyete y’Abafaransa Total Energies. Iyi nkunga yatangwaga binyuze muri gahunda ya European Peace Facility, yafashaga mu […]

Kuva mu ruganda rw’Abasoviyete kugeza ku rugamba rw’isi: Inkuru ya AK-47

file 20191107 10915 10f63dk

Mu mateka y’intwaro za gisirikare, hari imbunda nke zagize izina rikomeye ku isi nka AK-47. Iyi mbunda yavukiye mu nganda za gisirikare za Soviet Union nyuma y’Intambara ya Kabiri y’Isi yose, ariko mu gihe gito ihinduka intwaro yakwirakwiriye isi yose ikoreshwa n’ingabo za leta, imitwe y’inyeshyamba ndetse n’abarwanyi b’impinduramatwara. Uyu munsi, AK-47 ntifatwa nk’imbunda gusa; […]

Hafi ya kilometero miliyari 26 uvuye ku Isi: Voyager 1 ikomeje gukora amateka

Nyuma y’imyaka hafi 50 iri mu rugendo rutigeze ruhagarara, icyogajuru cya NASA kizwi nka Voyager 1 kiri hafi kugera ku rwego amateka atigeze abona: intera urumuri rufata umunsi umwe wose kugira ngo rugere ku Isi. NASA ivuga ko mu Ugushyingo 2026, Voyager 1 izaba iri ku ntera ya “one light-day” uvuye ku Isi — ni […]

Amabanga y’urugendo rwa Koreya ya Ruguru ku ntwaro kirimbuzi: Uko Pyongyang yanyuze mu bihano ikagera ku gisasu gihangayikishije isi

2026 02 19T004709Z 1418420989 RC2LOJA1ZYYE RTRMADP 3 NORTHKOREA POLITICS 1771474788

Mu gihe ibihugu bikomeye by’isi byari bihanganye mu Ntambara y’Ubutita, igihugu cya Koreya ya Ruguru cyatangiye bucece gahunda yatumye nyuma y’imyaka mike kiba kimwe mu bihugu bike bifite intwaro kirimbuzi ku Isi. Uyu munsi, ubutegetsi bwa Pyongyang buyobowe na Kim Jong-un bufite ibisasu kirimbuzi na misile ndende zishobora kugera kure cyane, ibintu byatumye isi ihora […]

Beijing iri kwegera Washington mu bukungu? Isura nyayo y’urugamba rw’ibihangange bibiri

19098750 051426 cc ap trump xi

Mu gihe isi ihangayikishijwe n’intambara, ikoranabuhanga n’ubutasi, hari indi ntambara ikomeje kubera inyuma y’amarembo ariko ishobora kuzagena ejo hazaza h’isi: urugamba rw’ubukungu hagati ya Amerika n’Ubushinwa. Imibare ya IMF igaragaza ko ibi bihugu byombi bihagarariye hafi 43% by’umusaruro mbumbe w’isi. Amerika ni yo ikomeje kuza imbere n’ubukungu burenga miliyari ibihumbi 30 z’amadolari, mu gihe Ubushinwa […]

Amerika na Israel mu gitutu: Irani yavuze ko ishobora kwegera igisasu kirimbuzi

how bibi won over trump 01

Mu gihe ubushyamirane hagati ya Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika bukomeje gufata indi ntera, umudepite Ebrahim Rezaei yatangaje ko igihugu cye gishobora kongera ubuziranenge bwa uranium kugeza kuri 90%, urwego rwegereye cyane urukoreshwa mu gukora intwaro kirimbuzi. Rezaei, uvugira Komisiyo ishinzwe ububanyi n’amahanga n’umutekano mu Nteko Ishinga Amategeko ya Iran, yavuze ko icyo […]

Operation Fortune: Inkuru y’Intasi Garbo’ Yashutse Abanazi Ikabahindura Ibipupe mu Ntambara ya Kabiri y’Isi

images 19

Mu mateka y’Intambara ya Kabiri y’Isi, hari ibikorwa byinshi by’ibanga byahinduye icyerekezo cy’urugamba, ariko bike byasize amateka nk’igikorwa cyiswe Operation Fortune, cyayobowe n’intasi y’icyamamare Juan Pujol García uzwi cyane ku izina rya Garbo. Uyu mugabo w’Umunya-Espagne, utarufite amahugurwa ya gisirikare, yabaye intwaro ikomeye mu gutsinda Abanazi. Intasi yavutse ku bw’impamvu zidasanzwe Mu gihe Intambara ya […]

AFC/M23 izarebera abasivile bicwa kugeza ryari?

20260509 095703

Mu gihe ibiganiro by’amahoro bikomeje kugenda biguru ntege hagati ya Leta ya Kinshasa n’umutwe wa AFC/M23, ikibazo gikomeje kwibazwa ni ‘AFC/M23 izageza ryari yihanganira ibikorwa by’ubwicanyi n’ibitero bivugwa ko bikorerwa abasivile mu bice igenzura cyangwa biri hafi yabyo, mu gihe Kinshasa ishinjwa kutubahiriza agahenge?’ Mu mezi ashize, uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwongeye […]

Moscow: Akarasisi ka “Victory Day 2026” kagaragaje ubutumwa bukomeye ku ntambara ya Ukraine n’umutekano w’isi

09int russia victory day cpwv

Ku wa 9 Gicurasi 2026, umurwa mukuru w’u Burusiya, Moscow, wakiriye akarasisi gakomeye ka gisirikare kazwi nka Victory Day Parade, umuhango ngarukamwaka wibuka intsinzi y’Ingabo z’Abasoviyeti ku Budage bw’Abanazi mu Ntambara ya Kabiri y’Isi Yose. Uyu munsi ufite amateka akomeye mu Burusiya no mu bihugu byahoze bigize Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyeti, ariko kandi uko imyaka […]

Uko Churchill yacanye urumuri mu mwijima wa Hitler

waxwork figure adolf hitler will be moved 440nw

LMu gitondo cyo ku wa 10 Gicurasi 1940, umugabane w’Uburayi wari winjiye mu mwijima w’intambara. Ingabo z’u Budage ziyobowe na Adolf Hitler zatangiye ibitero bikomeye bya *Blitzkrieg*, uburyo bw’intambara bwari bushingiye ku muvuduko, ubwoba no gusenya igihugu mu gihe gito. Mu minsi mike gusa, ibihugu byinshi byari bikomeye mu Burayi byatangiye kugwa kimwe ku kindi. […]

Operasiyo ‘Project Freedom’: Gahunda ikomeye ya Trump yahagaze ku marembo ya Hormuz

images 18

Mu gihe isi ikomeje guhanga amaso ubushyamirane bukomeye hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran, ikibazo cyongeye kwibazwaho cyane ni uburyo Washington itigeze ibasha kugenzura neza unyura wa Hormuz, nubwo yatangije gahunda ya gisirikare yiswe ‘Operation Project Freedom’ yashyigikiwe na Donald Trump. Iyi gahunda yashyizweho mu rwego rwo guca intege ubushobozi bwa Iran […]

Geopolitike mu majyepfo y’Afurika: uruzinduko rwa Paul Kagame muri Botswana ruvuze iki?

Screenshot 20260429

Uruzinduko rwa Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, utegerejwe muri Botswana ku butumire bwa Perezida Duma Gideon Boko, ruje mu gihe imiterere ya geopolitike ku mugabane wa Afurika iri guhinduka ku muvuduko udasanzwe. Ni uruzinduko rutareba gusa umubano w’ibihugu byombi, ahubwo rufite ibisobanuro byagutse ku rwego rw’akarere n’umugabane. Kwagura imbibi za dipolomasi y’u Rwanda Mu myaka […]

Igisasu GBU-57 mu maboko ya Iran?:  Ihindagurika rikomeye mu ntambara z’igihe kizaza

20260502 132331

Mu gihe isi ikomeje guhanga amaso umwuka mubi hagati ya Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, amakuru avuga ko Tehran yaba iri kugerageza kwigana igisasu cy’Amerika cyo mu bwoko bwa GBU-57 Massive Ordnance Penetrator akomeje guteza impaka zikomeye. Nubwo ayo makuru ataremezwa ku buryo bwigenga, inzobere mu ntwaro zivuga ko ashobora kuba ari ikimenyetso […]

Intambara ya Iran yahinduye Isi: Aho u Burusiya n’u Bushinwa bihagaze

220907025337 01 xi jinping vladimir putin file

Mu gihe Iran ihanganye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’abafatanyabikorwa bayo, amaso y’isi yose yerekejwe ku bihugu bibiri bikomeye biyifatanyije na yo: Uburusiya n’Ubushinwa. Ariko ikibazo gikomeje kwibazwa ni ukumenya niba ubufasha bwabyo bukomeye ku buryo bwahindura isura y’iyi ntambara. U Burusiya: Ubufasha bwa gisirikare n’ubutasi Uburusiya bugaragara nk’igihugu cyegereye Iran mu bijyanye n’ubufasha […]

Iran na Amerika: Ibiganiro bikomeje kugorana nubwo hari icyizere gike cy’amahoro

AP985371488845

Mu gihe intambara n’ubushyamirane bikomeje hagati ya Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ibiganiro bya dipolomasi biracyari mu nzira igoye, aho impande zombi zitarabona umuti wuzuye w’iki kibazo. Amakuru mashya agaragaza ko Iran iherutse gushyikiriza Amerika igitekerezo gishya cy’amahoro binyuze mu bahuza bo muri Pakistan. Icyo cyifuzo kigamije mbere na mbere gufungura inzira y’amazi […]

Sahel mu mwijima: Uko Mali yongeye kuba isoko y’umutekano muke mu karere

original

Mu gihe isi yari itangiye kwizera ko Mali ishobora kongera kubona ituze nyuma y’imyaka myinshi y’intambara, ibintu byongeye gufata indi ntera iteye impungenge. Ibitero by’imitwe yitwaje intwaro biriyongera, ubutegetsi bwa gisirikare buracyashidikanywaho, naho abaturage bakomeza guhura n’ingaruka zikomeye z’umutekano muke. Ibi byose bigaragaza ko ikibazo cya Mali kitari icy’igihe gito, ahubwo ari ihurizo rikomeye rifite […]

Amahoro ku rupapuro, intambara ku rugamba: Ukuri gucukumbuwe ku masezerano ya M23 na Kinshasa

Ubwo i Montreux mu Busuwisi hasinyirwaga amasezerano hagati y’umutwe wa AFC/M23 na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, icyizere cyongeye kugaruka mu baturage b’Uburasirazuba bwa Congo. Abenshi batekerezaga ko igihe kigeze ngo amasasu aceceke burundu, ubuzima busubire ku murongo. Ariko uko iminsi ishira, ibiri kugaragara ku rugamba bitandukanye cyane n’ibyanditswe ku mpapuro. Amasezerano yarasinywe, […]

Trump: ‘Uwagerageje kumuhitana nta sano bifitanye n’intambara ya Iran’

Mu kiganiro n’itangazamakuru nyuma y’igitero cyabereye mu murwa mukuru wa Washington D.C., Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko umuntu wagerageje kumugirira nabi nta sano afitanye n’intambara iri hagati ya Amerika na Iran. Trump yavuze ko iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko uwo muntu ashobora kuba yarakoze wenyine, amwita “umuntu ufite ibibazo bikomeye […]

Kuki Trump yashyize imbaraga mu gutuma amakuru ku biremwa bitazwi mu kirere atangazwa?

impaka ziracyari ndende ku hantu ibivejuru byaba biherereye niba bibaho koko 5c56d

Mu gihe isi ikomeje gutangarira inkuru z’ibintu biguruka bitazwi (Unidentified Aerial Phenomena – UAP), Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangiye kugaragaza ubushake bwo gusohora amwe mu makuru yari yarabitswe mu ibanga rikomeye. Ibi byatangiye gukomera mu gihe cy’ubutegetsi bwa Donald Trump, aho bamwe babifata nk’intambwe igana ku “biremwa byo hanze y’isi”, abandi bakabibona nk’igikorwa cya […]

Amerika: Urutonde rw’abayobozi bakuru birukanwe rukomeje kwiyongera muri Pentagon

22trump news header630p mpkt

Mu gihe Isi ikomeje guhangana n’ibibazo bikomeye by’umutekano, haba mu Ukraine, mu Burasirazuba bwo Hagati no mu karere ka Indo-Pacifique, muri Pentagon hakomeje kugaragara impinduka zikomeye aho abayobozi bakuru mu gisirikare n’abashinzwe ubwirinzi bakomeje gukurwa ku mirimo yabo umwe ku wundi. Aya makuru akomeje guteza impaka muri politiki ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho […]

Abasirikare ba Israel bashinjwa gukorana n’ubutasi bwa Iran: Ikibazo gikomeje guhungabanya umutekano w’igihugu

678020

Inzego z’umutekano za Israel zatangaje ko abasirikare bamwe bo mu ngabo z’icyo gihugu bamaze gushyikirizwa inkiko, bashinjwa gukorana n’ubutasi bwa Iran, mu gihe amakimbirane hagati y’ibihugu byombi akomeje gufata indi ntera. Amakuru aheruka gutangazwa agaragaza ko abasirikare babiri bo mu ngabo zirwanira mu kirere (Air Force) bashinjwa kuba barakoranye n’inzego z’ubutasi za Iran mu gihe […]

Peteroli: Umutima w’ubukungu n’intambara mu Burasirazuba bwo Hagati

oil rig 86

Mu butayu bwagutse bwuzuyemo amariba y’umutungo kamere, mu burasirazuba bwo Hagati bukomeje kuba igicumbi cy’ubukungu bw’isi n’isoko y’amakimbirane akomeye. Amavuta ya pétrole si isoko y’amafaranga gusa ku bihugu byo muri aka karere, ahubwo yabaye intandaro y’ihangana rya politiki, ububanyi n’amahanga n’intambara zimaze imyaka myinshi. Peteroli: Umutima w’ubukungu bw’akarere Ibihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati bifite […]

Amato mato ya Iran ari kwandika amateka mashya mu ntambara zo mu bunigo bwa Hormuz

AA21e4YI

Mu gihe amakimbirane akomeje gukaza umurego hagati ya Irani n’ibihugu by’ibihangange, hari intwaro idasanzwe iri kwerekana imbaraga mu buryo butunguranye: amato mato yihuta azwi nka “flotte moustique”. Aya mayeri ari gutuma uburyo bwo kurwana mu nyanja, cyane cyane mu bunigo bwa Hormuz, bukurikiranwa cyane. Amato mato, imbaraga nini Mu gihe ibihugu nka Leta Zunze Ubumwe […]

Agahenge muri Congo: inzira y’amahoro cyangwa igihe cyo kwitegura indi mirwano?

1773053096299

Mu gihe ibiganiro by’amahoro bikomeje hagati ya Leta ya Congo n’umutwe wa AFC/M23, ikibazo cy’iyubahirizwa ry’agahenge gikomeje guteza impaka no kwitana ba mwana ku mpande zombi. Nubwo hari intambwe zigaragara mu ruhando mpuzamahanga, ku rugamba ho haracyagaragara ibimenyetso by’uko aka gahenge gashobora gusenyuka igihe icyo ari cyo cyose. Mu minsi ishize, ibiganiro byahuje ubuyobozi bwa […]

U Burusiya bwinjiye mu kibazo cy’ingufu za kirimbuzi za Iran: Amayeri ya dipolomasi cyangwa inyungu z’igihe kirekire?

13125831 1749969879

Mu gihe ibiganiro ku mushinga w’ingufu za kirimbuzi za Iran bikomeje kuba ingorabahizi hagati ya Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, U Burusiya bwongeye kugaragaza uruhare bushaka kugira muri iki kibazo kimaze igihe kirekire kiganirwaho ku rwego mpuzamahanga. Umuyobozi wa Rosatom, Alexei Likhachev, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye gufasha mu gukura uranium ikungahaye ya […]

Iran mu rugamba rutoroshye: Uko yahanganye na Amerika na Israel ikoresheje amayeri yihariye

images 14

Mu gihe isi ikomeje gukurikiranira hafi ubushyamirane bukomeye hagati ya Iran n’ibihugu bifite imbaraga za gisirikare ku isi, birimo Amerika na Israel, isesengura rigaragaza ko Tehran yahisemo inzira itari isanzwe mu guhangana n’abo bahanganye—inzira ishingiye ku mayeri kurusha gukoresha imbaraga za gisirikare zisanzwe. N’ubwo Amerika na Israel bifite ikoranabuhanga rihanitse n’ingabo zikomeye, Iran yo yahisemo […]

Kuki FDLR idasenywa burundu? 

20250720121841000000logo

Mu gihe bikomeje kugaragara ko umutwe wa FDLR ugizwe n’abasize bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ari umwe mu nkomoko z’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ikibazo gikomeje kwibazwa ni icy’impamvu uyu mutwe umaze imyaka irenga 25 utarandurwa burundu. N’ubwo ibitero bya gisirikare, imyanzuro ya Loni n’igitutu cya dipolomasi […]

Ibiganiro bya M23 na Kinshasa i Montreux: Amahirwe y’amasezerano ahagaze ate?

20260418 120426

  Mu gihe intambara mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje gufata indi ntera, amaso y’abakurikirana politiki yo mu karere ahanzwe i Montreux, aho ibiganiro hagati ya Leta ya Kinshasa n’umutwe wa M23 byakomerezaga mu rwego rwo gushaka igisubizo kirambye. Ni ibiganiro byibandaga ku ngingo z’ingenzi zirimo guhagarika imirwano burundu (ceasefire), kugarura ubuyobozi […]

Akarere k’Ibiyaga Bigari hagati ya Iran na Amerika: Kudafata uruhande cyangwa kurengera inyungu?

u s and iranian flags wave against a dark cloudy sky

Mu gihe ubushyamirane hagati ya Iran na Amerika bukomeje gufata indi ntera, isi iri kwisanga mu bihe by’ihangana rikomeye rishobora kugira ingaruka ku bice byinshi byayo, harimo n’Afurika. Muri urwo rwego, akarere k’Ibiyaga Bigari nako kari mu mwanya usaba gufata ibyemezo byitondewe: Ese gafata uruhande rumwe cyangwa gakomeza politiki yo kudafata uruhande hagamijwe kurengera inyungu […]

Kagame i Brazzaville: Impamvu n’icyo uruzinduko rusobanuye ku mutekano n’ubufatanye mu karere

HF ZCdZbEAEJ61

Perezida Paul Kagame yagiriye uruzinduko rw’akazi muri Repubulika ya Congo, aho yakiriwe na mugenzi we Denis Sassou Nguesso. Uru ruzinduko rufatwa nk’igice cya dipolomasi y’u Rwanda igamije gushimangira umubano w’ibihugu no kuganira ku bibazo by’umutekano w’akarere. Umutekano w’akarere ku isonga Kimwe mu byaganiriweho cyane ni ikibazo cy’umutekano muke ukomeje kugaragara mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira […]

Ejo hazaza ha M23: Intambara cyangwa politiki?

sm 1702472780.542057

Mu gihe imirwano ikomeje gufata indi ntera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ibitekerezo by’abakurikiranira hafi ibibera muri aka karere bikomeje kwibanda ku hazaza h’umutwe wa M23. Ese uyu mutwe uzahitamo gukomeza intambara, cyangwa uzinjira mu nzira ya politiki ishobora gutanga igisubizo kirambye? Intambara irakomeje, ariko ifite aho igarukira Mu mezi ashize, M23 […]

Amahoro arambye arashoboka muri Congo?

DRC militia patrol 900x600 1

Mu gihe uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bukomeje kuba isibaniro ry’intambara zimaze imyaka myinshi, ikibazo gikomeje kwibazwa ni ‘ese amahoro arambye arashoboka koko?’ Igisubizo gishingiye ku mpinduka zikomeye, haba iza politiki, iz’umutekano n’iz’ubukungu, zigomba kubaho icyarimwe. Amahoro arashoboka, ariko ashingiye ku mpinduka zikomeye Amateka agaragaza ko imirwano yo mu ntara za Kivu y’Amajyaruguru […]

Gufunga Hormuz: Intwaro nshya ya Donald Trump mu biganiro byananiranye na Iran

trump strait of hormuz 1

Mu gihe ibiganiro bya dipolomasi hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran byari byitezweho kugabanya umwuka mubi, byarangiye nta masezerano agezweho. Nyuma y’amasaha arenga 20 y’ibiganiro byabereye i Islamabad muri Pakistan, Perezida Donald Trump yahise atangaza icyemezo gikomeye: Gufatira inzira ya Hormuz. Ibiganiro byananiranye, hakurikiraho igitutu cya gisirikare Amakuru agaragaza ko impamvu nyamukuru […]

Urubyiruko rwo mu Biyaga Bigari: Urukuta rwa nyuma rwo gukumira Jenoside

images 11 1

Mu karere kagifite ibikomere by’amateka y’ubwicanyi, urubyiruko ni rwo rushobora kuba ingabo y’amahoro cyangwa intwaro y’isenyuka. Niba rutabaye maso, Jenoside itaha ishobora kuzatangirira mu magambo, ku mbuga nkoranyambaga, no mu mutwe mbere y’uko igera ku mihanda. Mu Biyaga Bigari, Jenoside ntitangira ku munsi w’ubwicanyi, w’amasasu n’intwaro gakondo; ahubwo itangira mbere cyane: Mu magambo, mu gucamo […]

Intambwe 10 za Dr. Gregory Stanton, uburyo akarere k’Ibiyaga Bigari kakwirinda Jenoside itaraba

ISISStantonGmw

Mu 1994, Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yahinduye uburyo isi yose ibona ibyaha ndengakamere, yerekana ko Jenoside atari impanuka y’umunsi umwe, ahubwo ko ari inzira yubakwa buhoro buhoro: Mu magambo, mu mitegekere, mu kwambura abantu ubumuntu no mu gutegura ubwicanyi. Ni muri urwo rwego, Dr. Gregory H. Stanton, washinze Ikigo Genocide Watch, yateguye icyiswe “Intambwe […]

Iturika rya ‘Camp Base’ y’i Bujumbura: Impanuka, cyangwa ibanga ry’igitero kitaravugwa?

Mu gihe ubutegetsi bw’u Burundi buvuga ko iturika ryabereye mu kigo cya gisirikare cya Camp Base kiri i Musaga mu mujyi wa Bujumbura ari impanuka y’amashanyarazi, urujijo, guceceka ndetse n’itumanaho risa n’irigenzurwa bikomeje gutuma abaturage bibaza niba ukuri kose kwarashyizwe ahagaragara. Ijoro ryo ku wa 31 Werurwe rishyira uwa 1 Mata 2026 ryabaye ijoro ry’akaga […]