Iran: Babyukiye mu matora agomba kuzagena perezida mushya

Sangiza iyi nkuru

Amatora ya Perezida wa Iran kuri uyu wa Gatanu, itariki 18 Kamena, azagena uzayobora guverinoma y’abasivili izayobora iki gihugu kiganjemo Abayisilamu n’ahazaza h’umubano wacyo n’ibihugu byo mu burengerazuba nka Leta Zunze Ubumwe za Amerika bidacana uwaka.

Mu bakandida bane, umuyobozi w’ubucamanza ukomeye, Ebrahim Raisi bigaragara ko ari we uza ku mwanya wa mbere mu bafite amahirwe hashingiwe ku matora afitanye isano na leta.

Abdolnaser Hemmati wahoze ayobora banki nkuru ya Iran, bigaragara ko ahagarariye abashyira mu gaciro muri iryo siganwa nk’uko iyi nkuru dukesha Al Jazeera ikomeza ivuga.

Mu bahatana kandi harimo Mohsen Rezaei wahoze ayobora ingabo, na Amir Hossein Ghazizadeh Hashemi, usanzwe abarizwa mu nteko ishinga amategeko.

Hassan Rouhani wari usanzwe ku butegetsi , wanagiranye amasezerano n’ibihugu by’ibihangange agendanye n’ikoreshwa ry’ingufu za kirimbuzi mu 2015 ntabwo ari mu biyamamariza indi manda y’imyaka ine.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *