Ingabo za Iran zirwanira mu mazi kuri uyu wa Gatandatu, itariki 20 Ugushyingo 2021, zatangaje ko zafatiye mu Kigobe cya Perse ubwato bw’abanyamahanga bwari bwikoreye utujerekani dusaga ibihumbi 30 twa magendu ya mazutu.
Colonel Ahmad Hajian, komanda w’ubwato bushinzwe irondo muri mazi ahagana mu Ntara ya Hormozgan iherereye mu majyepfo y’amazi y’ikigobe cya Perse bwitwa Type 412 Zulfiqar mu kiganiro yahaye rumwe mu mbuga z’amakuru zo muri iki gihugu, yavuze ko ubwo bwato bwasanzwemo litiro 150,000 za mazutu (amajerekani 32,995).
Yagize ati “Binyuze mu gukurikirana amakuru no mu bikorwa bihujwe, amato yacu yashoboye gufata ubwato bw’amahanga hamwe n’abakozi babwo 11 mu mazi y’igihugu cyacu”
Komanda yongeyeho ko abo bakozi bashyikirijwe ubucamanza bwaho kugira ngo bakurikiranwe ariko ntiyavuga izina ry’ubwo bwato, n’igihugu buturukamo, cyangwa ubwenegihugu bw’abakozi babwo. Ntiyasobanuye kandi igihe ibyo byabereye.
Hajian yasezeranije “kurwanya byimazeyo” uburyo bwose bwo kunyuza peteroli mu buryo bwa magendu mu nyanja mu rwego rwo gushyigikira ubukungu bwa Iran.
Urubuga rw’amakuru FARS rwegereye cyane Igisirikare cy’impinduramatwara cya Iran (IRGC), rwashyize ahagaragara amashusho yerekana amato menshi ya Iran asatira ubwo bwato bwafashwe. Abasirikare berekanwa na none binjira muri ubwo bwato ariko busa nk’uburimo ubusa nk’uko iyi nkuru ya Al Jazeera ikomeza ivuga.

Ibi bikaba bivugwa nyuma y’aho Iran iherutse gufatira mu Nyanja ya Oman ubwato buriho ibendera rya Viet Nam muri uku kwezi, nyuma yo guterana amagambo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ihita ifatira imizigo yari muri ubwo bwato.
Igisirikare cya Iran cyavuze ko ubwo bwato bwakoreshwaga na Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu kwiba peteroli ya Iran yafatiwe ibihano byo kugurisha peteroli yayo mu mahanga n’ubutegetsi bwa Donald Trump kuva mu 2018. Ubwo bwato bwaje kurekurwa ariko nyuma y’iminsi mikeya.


