Umuyobozi w’urwego rushinzwe ubumenyi bw’ibirunga mu mujyi wa Goma (OVG), Kasereka Muhinda Célestin, yatangaje ko bataburiye abaturage ko ikirunga cya Nyiragongo kigiye kuruka, bitewe n’uko babuze amafaranga yo kugura interineti.
Muhinda yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa Radio Okapi kuri uyu wa 23 Gicurasi 2021, ubwo yamubazaga impamvu uru rwego rutatanze impuruza hakiri kare nk’imwe mu nshingano zikomeye rufite, Nyiragongo ikaruka itunguye abaturage.
Yasobanuye ko ubundi OVG (Observatoire Volcanique de Goma) kuva muri Nzeri 2020 kugeza muri Mata 2021 itigeze igenzura imyitwarire ya Nyiragongo.
Ngo ibi byatewe n’ingaruka z’icyorezo cya Covid-19, aho kuva muri Kamena 2020 ubufasha OVG yahabwaga bwaba ubuturutse muri Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo n’ubw’imiryango mpuzamahanga bwahagaze.
Kubura k’ubu bufasha, ngo ni ko kwatumye OVG ibura amafaranga yo kugura interineti, yari gutuma uru rwego rubona amakuru yose agezweho kuri iki kirunga.
Muhinda yagize ati: “Ntitwari gukora neza nta guverinoma, ntabwo amafaranga y’ingengo y’imari yatugezeho.”
Yakomeje ati: “Kubera Covid-19 hari umushinga wa Banki y’isi wafashaga OVG ariko tariki ya 30 Kamena 2020. Kuva mu Kwakira 2020 kugeza muri Mata 2021, urwego rwacu nta interineti rwari rugifite…Twamaze iki gihe cyose nta interineti dufite.”
Nyiragongo yarutse guhera ku mugoroba wo ku wa 22 kugeza mu rukerera rwa tariki ya 23 Gicurasi 2021. Yatumye abatuye i Goma babarirwa mu 200,000 biganjemo abo mu gace ka Buhene kari mu nkengero zayo bahunga.
Imibare yaraye itanzwe na Guverinoma ya RDC ivuga ko abapfuye bazize iruka ry’iki kirunga bamaze kumenyekana ari 15 barimo 9 baguye mu mpanuka yatewe n’umuvundo ubwo bahungaga n’abafungwa 4 bashakaga gutoroka gereza ya Munzenze.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


