Irushanwa mpuzamahanga ryo gusiganwa ku magare rya Tour du Cameroun ryari riteganyijwe gutangira kuri uyu wa Gatandatu, itariki 10 Werurwe ryasubitswe na minisitiri wa siporo wa cameroun, Pierre Emmanuel Bidoung. Irushanwa rikaba ryasubitswe ikipe yari yagiye guhagararira u Rwanda yageze muri Cameroun.
Iri rushanwa ryari rimaze umwaka urenga ritegurwa ryasubitswe ku munota wa nyuma, aho minisitiri wa siporo yabwiye itangazamakuru ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, ko hari ikibazo ku rwego rwa minisiteri y’imari. Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare rikaba ryasabwaga gushaka uko yatera inkunga irushanwa rikazasubizwa nyuma.
Bitewe n’uko miliyoni 350 cyangwa 400 z’amafaranga ari zo zari zikenewe akaba yabuze, ngo byabaye ngombwa ko bafata umwanzuro wo gusubika irushanwa nk’uko byemezwa na Honore Yossi, perezida w’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare muri Cameroun nk’uko tubikesha camer.be
Yagize ati: “Iyo baza kuduteguza nko mu kwezi 1 cyangwa 2, twashoboraga kurwanya, ariko buri bucye amarushanwa atangira, ni he wakura amafaranga angana gutyo”
Uyu mugabo akaba yagaragaje ko atumva ukuntu irushanwa ryasubikwa ku munota wa nyuma mu gihe bari barizi kuva mu mwaka usaga ushize ndetse amakipe y’ibihugu bimwe nk’u Rwanda, Congo, Algeria n’abandi bantu bari bamaze kuhagera biteguye ko bucya kuri uyu wa Gatandatu irushanwa ritangira rikazasozwa kuwa 18 Werurwe 2018.
Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya


