ISIS yahambye abasirikare bayo 45 ari bazima

Sangiza iyi nkuru

Komanda mukuru w’umutwe w’iterabwoba wa ISIS, yategetse ko bahamba abarwanyi bayo bagera kuri 45, nyuma yo gufatwa batorotse urugamba ubwo uyu mutwe wari wagabye igitero muri Syria.
Amakuru IraqiNews yakuye mu ntara ya Nineveh, avuga ko kuri uyu wa kabiri taliki 10 Gicurasi 2016, ISIS yacukuye imva zo gushyiramo abo barwanyi bahunze ubwo urugamba rwabahuzaga Bashir Al- Assad rwari rugeze mu mahina.
Amakuru atangazwa na The Sun, avuga ko uyu mutwe bafashe umwanzuro wo kwicisha abo barwanyi bawo hakoreshejwe kubashyira mu bukonje ndetse no kubatera imiti yica bitinze mu rwego rwo kugirango bapfe gahoro gahoro.
Kwicwa muri ubu buryo, ngo ni bumwe mu butanga ikitegererezo ku bandi barwanyi, bityo hatazagira n’undi uzatekereza guhunga mu gihe bagabye cyangwa bagabweho igitero.
Si ubwo buryo bwakoreshejwe gusa, kuko ngo hari ubundi buryo bwo kubafata bakabashira mu mitego bakabashyira mu mazi nyuma bakabaturitsa imitwe hifashishijwe ibiturika.
Ubusesenguzi bwakozwe na Middle East, bugaragaza ko ahanini impamvu ituma uyu mutwe wica abasirikare bawo, ari icengezamatwara ngo bakomeze kwigarurira ibihugu bitandukanye nyuma yo guhora batsindwa n’ingabo za Syria na Iraq.
isis
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Fred@Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *