Umutwe wa Islamic State wongeye kwigamba igitero cyo kuri uyu wa Kane mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. Muri rusange ngo ibitero nk’ibyo muri Teritwari ya Beni bishinjwa inyeshyamba zo mu mutwe wa ADF.
Islamic State yigambye bwa mbere igitero ku butaka bwa Congo ku itariki 16 Mata.
Nk’uko bitangazwa n’Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, ngo itangazo ryasohowe na Islamic State rivuga ko abarwanyi bayo bateye ibirindiro by’ingabo za Congo bakazicamo zimwe izindi nyinshi zigakomereka mu gihe izindi ngabo zakwiye imishwaro.
Sosiyete sivile muri Congo yemeje igitero cyo kuri uyu wa Kane mu gace ka Samboko-Tchanitchani, aho ngo ikigo nderabuzima cyatwitswe kikanasahurwa kimwe n’amazu, ndetse abantu hagati y’10 na 30 batwarwa bunyago.
Ubwo Islamic State yigambaga igitero ku butaka bwa Congo kuwa 16 Mata, byatumye Loni yirinda guhita yemeza ko yaba yatangiye gukorera muri iki gice nubwo yatangaje ko ayo makuru iyafata nk’ibintu bikomeye.
Ni mu gihe mu kwezi kwa Kanama umwaka ushize, Umuyobozi wa Islamic State, Al-Baghdadi yatangaje bwa mbere ko bashaka gutangira gukorera muri Afurika yo Hagati.
Â


