Israel: Baratangira guhabwa doze ya kane y’urukingo rwa Covid-19

Sangiza iyi nkuru

Guverinoma ya Israel kuri uyu wa 21 Ukuboza 2021 yatangaje ko abantu bafite imyaka y’amavuko 60 kuzamura, abakozi bo mu nzego z’ubuzima n’abandi bafite integer nke z’umubiri baratangira guhabwa doze ya kane y’urukingo rwa Covid-19.

N’uko CNN yabitangaje, iki icyemezo cyafashwe n’ibiro bya Minisitiri w’Intebe, Naftali Bennett bisabwe n’akanama k’igihugu k’impuguke ziga kuri iki cyorezo.

Prof. Galia Rahav uri mu mpuguke zigize aka kanama, yavuze ko iki cyemezo kitoroshye bagifashe bitewe n’ubwandu bwa Covid-19 nshya yahawe izina rya Omicron bukomeje gutumbagira ku Isi, n’ubwo ngo batazi neza niba doze ya kane hari umusaruro mwiza izatanga.

Yagize ati: “Ntabwo dufite amakuru y’ubwirinzi [bw’iyi doze] nk’uko ntayo twari dufite ubwo twemezaga doze ya gatatu, gusa ku rundi ruhande hari imibare iteye ubwoba mu bindi bihugu. Mu bihe nk’ibi, iyo utagize icyo ukora ako kanya, uribura.”

Minisitiri w’Intebe Bennett ashingiye ku cyemezo cy’izi mpuguke, yasabye abaturage kwikingiza bwangu, nk’uko ubutumwa buri mu itangazo yasohoye bubivuga. Ati: “Ntimutakaze igihe, nimugende mwikingize.”

Israel ni kimwe mu bihugu bimaze gukingira umubare munini w’ababituye, kandi abenshi muri bo bafashe doze ya gatatu y’urukingo rwa Pfizer/BioNTech. Abasabwa gufata iya kane ni abamaze byibuze amezi ane barahawe iya gatatu.

Doze zirenga 4 nazo zirashoboka

Uko Covid-19 yihinduranya ni ko ikwirakwira mu buryo bwihuse kurushaho kandi abahanga bemeza ko ukwihinduranya kwayo kutazabura kubaho mu gihe abantu bose batarikingiza.

Ni yo mpamvu abarimo Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa n’umuyobozi w’ikigo cya Afurika gishinzwe gukumira no kurwanya indwara, Africa CDC, baherutse guhamagarira ibihugu bikize guharanira ko inkingo zigera hose niba bishaka ko iki cyorezo gicika, aho gukumira ingendo zibihuza n’ibindi bihugu.

Ubu hari ingero z’ibihugu bisa n’ibyamaze gutanga doze eshatu hafi ku baturage bose babituye cyangwa se ebyiri birimo Israel, ndetse n’ibindi bisa n’ibigifite bose batarahabwa byibuze imwe bitewe n’impamvu zirimo ubushobozi buke bwo kwigurira inkingo.

Hashingiwe ku byo abahanga bavuga, Isi iracyafite ibyago byo kubonekamo izindi Covid-19 zihinduranya zizahabwa amazina arenze Delta na Omicron, bishoboke ko zizaba zinakwirakwira byihuse kurusha izabanje. Ni byo bimwe mu bihugu bishobora kuzatekereza gutanga izindi doze mu rwego rwo kuzikumira cyangwa kongerera abaturage ubwirinzi kugira ngo batazazahara.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *