Inama y’umutekano ya Guverinoma ya Israel yemeje gahunda ya Minisitiri w’Intebe, Benjamin Netanyahu, yo kwagura ibikorwa bya gisirikare mu mujyi wa Gaza. Iki cyemezo cyerekana gukomeza kw’intambara ya Israel imaze amezi 22 muri Gaza nyuma y’ibitero bya Hamas byo ku itariki ya 7 Ukwakira 2023.
Mbere y’inama yagejeje mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu, Netanyahu yari yavuze ko Israel ishaka kwigarurira akarere kose ka Gaza.
Imiryango y’abantu bajyanwe bunyago bagizwe ingwate na Hamas n’andi matsinda muri Gaza biravugwa ko barimo gufata ubwato berekeza ku butaka bwa Palestine mu rwego rwo kwigaragambya bamagana gahunda yatangajwe na Netanyahu.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima ryavuze ko Gaza ifite imibare myinshi ya buri kwezi yanditswe y’abana bari munsi y’imyaka 5 bafite ikibazo cy’imirire mibi gikabije.
Usibye abaturage bafite aba bo bajyanwe bunyago na Hamas, benshi mu Ngabo za Israel barimo Umugaba Mukuru wa IDF na bo ntibashyigikiye icyemezo cya Minisitiri w’Intebe Netanyahu basanga gishobora kwicisha imbohe zisaga 20 bikekwa ko zikiri nzima zikiri mu maboko ya Hamas.


