Brigadier General Ali Mohammad Naini wari usanzwe ari umuvugizi w’Ishami ry’Ingabo za Iran zishinzwe Kurinda Impinduramatwara (IRGC), yishwe n’ingabo za Israel.
Itangazamakuru rya leta ya Iran ni ryo ryabanje kumubika, mbere y’uko urupfu rwe rwemezwa n’ingabo za Israel (IDF) kuri uyu wa Gatanu.
IDF ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yasobanuye ko Naini yari umuntu ukomeye mu bikorwa byo gukora icengezamatwara rya Leta ya Iran mu burasirazuba bwo hagati.
Iti: “Mu nshingano ze nk’umucengezamatwara mukuru wa IRGC mu myaka ibiri ishize, yakoze icengezamatwara ry’ubutegetsi bw’ibyihebe ku mitwe ikorana na bwo mu Burasirazuba bwo Hagati, kugira ngo bifashe mu gutegura no kugaba ibitero by’iterabwoba kuri Israel.”
Kugeza ubu ntiharatangazwa aho uriya Jenerali yiciwe.
Ubuyobozi bwa Iran bwamaganye iyicwa rye, bumushyira ku rutonde rw’abahowe Imana. Iran yanavuze ko igomba kuzamuhorera


