Inyeshyamba zikekwaho kuba zigendera ku matwara akaze ya Kisilamu zishe byibuze abasivili 20 mu bitero zagabye ku Cyumweru no ku wa Mbere, mu Ntara ya Ituri ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Amakuru avuga ko aba bagabye igitero bakekwaho kuba mu mutwe w’inyeshyamba za ADF ugizwe n’inyeshyamba z’Abagande zikorera mu burasirazuba bwa Congo kuva mu myaka ya za 90 kandi zishe abaturage benshi mu bitero zigaba mu biturage bitandukanye.
Uhagarariye Guverineri muri Komanda, Moise Ucini yagize ati: “Ibintu bikomeje kuba bibi muri Mangusu, mu birometero bibiri uvuye muri Komanda. Umwanzi yishe abaturage 17 mbere yo gutwika amazu no gusahura ibintu byinshi by’abaturage.”
Ku Cyumweru, izi nyeshyamba nabwo zishe abantu batatu mu gace kegereye Shauri Moya na Machwalo nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ivuga.
Ubutegetsi bwa Congo bwatangaje ibihe bidasanzwe umwaka ushize kubera amaraso akomeje kumeneka mu ntara za Ituri na Kivu y’Amajyaruguru. Mu Kuboza, Uganda yohereje ingabo zirenga 1.000 muri Congo gufasha FARDC gukuraho ADF.
Gili Gotabo, Perezida w’umuryango utegamiye kuri leta ukurikirana ubwicanyi, yagize ati: “Dufite ingabo zidasanzwe hano ariko ntacyo zikora rwose kuko buri munsi abavandimwe bacu bicwa n’abantu bitwaje imbunda.”
Umuvugizi w’Ingabo za Congo muri Ituri, Jules Ngongo, yemeje icyo gitero ariko ntiyigeze atanga umubare w’ababiguyemo.
Ati: “Turi mu rugamba rwo kurwanya abagabye igitero bishe abenegihugu bacu batari kure ya Komanda. Ingabo ziyemeje cyane guhagarika iki kibazo.”


