Abarinzi ba pariki 11 n’Umunyamakuru w’Umunyamerika baburiwe irengero mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, aho hari ibimenyetso bigaragaza ko bashimuswe n’inyeshyamba nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Gatandatu.
Abarinzi 11 n’umunyamakuru w’Umunyamerika bakorera pariki izwi nka Okapi Wildlife Reserve (RFO) bashimuswe kuwa gatanu n’inyeshyamba bivugwa ko ari izo mu mutwe wa Mai-Mai Simba nk’uko umuyobozi wa Mambasa mu Ntara ya Ituri, Alfred Bongwalanga, yabitangarije AFP.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ku rundi ruhande, umuyobozi mu Kigo cya Congo gishinzwe za pariki (ICCN) utifuje ko amazina ye atangazwa, yavuze ko aba baburiwe irengero mu gihe Abongereza babiri bari kumwe nabo n’abandi barinzi ba pariki batanu babashije gucika ubwo inyeshyamba zabateraga.
Guverineri Wungirije wa Ituri, Pacifique Keta, avuga ko inzego z’umutekano na buri rwego zamenyeshejwe aya makuru, ariko amazina y’abashimuswe barimo uyu munyamakurukazi ntiyatangajwe.
Iki gice cya Congo cy’uburasirazuba gikomeje kurangwamo umutekano mucye kuva mu myaka 20 ishize kubera imitwe y’inyeshyamba myinshi itandukanye ihakorera, rimwe na rimwe igahangana irwanira kwigarurira ibirombe bivamo amabuye y’agaciro, ndetse igapfa n’amoko.
Uyu mutwe wa Mai-Mai Simba wiganjemo abaturage bo mu bwoko bw’Abanande, Abahunde n’Abakobo, ukaba ukunze guhangana na Mai- Mai Nyatura yiganjemo abo mu bwoko bw’Abahutu.
Imyinshi muri iyi mitwe yagiye ibona intwaro mu gihe cy’Intambara ya 2 ya Congo, yatangiye mu 1998 kugeza mu 2003. Imitwe y’Abanyarwanda n’Abagande ibarizwa mu burasirazuba bwa Congo nayo yararwanyijwe ariko na n’ubu ntiramburwa ibirwanisho ngo ihagarike ibikorwa byayo byiganjemo guhohotera abaturage ba Congo no gutuma bata ibyabo.
Iyi pariki ya RFO iri kuri metero kare 5,400, ikaba icunze ishyamba rya Ituri ryegereye imipaka ya Uganda na Sudani, ikaba icumbikiye inyamanswa ziganjemo za Okapi, n’izindi zijya gusa nk’Imparage zifitanye isano na Twiga (Giraffe).

Mu kwezi kwa gatatu nibwo abandi banyamahanga babiri, Umunyamerika n’Umunyasuedekazi biciwe muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma yo kumara iminsi baraburiwe irengero bashimuswe n’inyeshyamba.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


