Umunyapolitiki Jean-Luc Mélenchon utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Bufaransa, yikomye u Rwanda arushinja gushaka guhungabanya amatora yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Mélenchon washinze akanaba umuyobozi w’ishyaka La France Insoumise, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu ruzinduko ari kugirira muri iki gihugu. Ku wa Kane yakiriwe na Perezida Félix Antoine Tshisekedi bagirana ibiganiro.
Uyu munyapolitiki mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X, yashinje u Rwanda kugerageza guhungabanya amatora arimo n’ay’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri RDC mu Ukuboza uyu mwaka.
Ati: “Ndi kumwe na Perezida w’igihugu (RDC) kivuga Igifaransa kurusha ibindi ku Isi. Umuturanyi wacyo u Rwanda arashaka guhungabanya urugendo rw’amatora agiye gutangira.”
Yunzemo ko yamagana “ukwivanga ndetse n’ibyaha by’intambara [avuga ko bikorwa n’u Rwanda] “, agasaba ko agahenge kagaruka mu burasirazuba bwa RDC.
Jean-Luc Mélenchon yashimangiye ibirego bya RDC ku Rwanda, mu gihe rwo rwakunze kugaragaza ko ntaho ruhuriye n’amakimbirane akomeje hagati ya Leta ya kiriya gihugu n’umutwe wa M23.



One Response
Jean-Luc Mélenchon yikomye u Rwanda nyuma yo guhura na Tshisekedi
Abonye uwo yitabaza.
Yabanje akagesa ubw’iwabo bwamushobeye!