Jean Pierre Bemba umaze igihe atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira demukarasi ya Congo yageze mu murwa mukuru wa Kinshasa saa mbiri kuri uyu wa 23 Kamena.
Biteganywa ko saa kenda arakora inama kuri Sainte Thèrése mu karere ka Ndjili ari kumwe n’abaturage ndetse n’abagize ihuriro ry’ishyaka LAMUKA rigizwe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi.
Bemba yatangaje ko azagaruka muri iki gihugu cye nyuma y’uko Moà ¯se Katumbi na we uba mu ihuriro rya LAMUKA aherutse kugerayo, akakirwa n’imbaga nyinshi y’abaturage.
Yaherukaga muri iki gihugu ku wa 1 Kanama, 2018. Icyo gihe yaherukagayo mu myaka yasagaga 11 harimo 10 yafunzwe ashinjwa ko ingabo ze zagabye zagabye ibitero zinahohotera abaturage muri Repubulika ya Centre Africa kuva mu 2002 kugeza mu 2003.
Uru rukiko mpuzamahanga mpanabyaha, ICC rwasanze Bemba arengana. Rwari rwaramukatiye igifungo cy’imyaka 18, rumurekura amazemo imyaka 10. Nyuma yo kurekurwa, yasabye uru rukiko kumuha amafaranga agera kuri miliyoni 68 z’amayero ku bw’imitungo ye yangijwe mu gihe yari muri gereza mu Buholandi.
Bemba kimwe na Moise Katumbi bashatse kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu mu matora yabaye mu 2018 ariko ntibahabwa uburenganzira.
Â


