Jose Mourinho na gahunda nshya yo kugura Neymar

Sangiza iyi nkuru

Amakuru akomeje gucicikana mu binyamakuru bitandukanye ni uko umutoza Jose Mourinho ngo yaba afite intego yo kugura Neymar umusore ukinira FC Barcelone.
Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Sport, muri iyi minsi ngo Mourinho afitanye ubucuti budasanzwe na Neymar, baganira byinshi ndetse akaba anafite gahunda yo kuzamugura mu minsi iri imbere.
Iki kinyamakuru cyatangaje ko Mourinho afite gahunda yo kuzagura uyu musore miliyoni 180 z’amayero, akamuzana mu Bwongereza mu ikipe atoza “Manchester United” ubu itanahagaze neza ku rutonde rwa shampiyona.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Jose Mourinho ngo yifuje uyu musore kuva kera agitoza Real Madrid biza kurangira FC Barcelone imwegukanye.
neymar
Ibinyamakuru byo muri Espagne bitangaza ko na Inter Milan ishakira hasi no hejuru uyu musore Neymar ukomoka muri Brezil, gusa ngo Mourinho yakoze ibishoboka byose ubu ngo bagirana ibiganiro byihariye.
Mu 2013 nibwo Neymar yinjiye mu ikipe FC Barcelona avuye muri Santos, 2016 nibwo uyu musore yongereye amasezerano ye muri ikipe kugeza mu 2021.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Théoneste/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *