Jose Mourinho yakuriye inzira ku murima abavugaga ko ashaka kugura Neymar

Sangiza iyi nkuru

Umutoza w’Ikipe ya Manchester United , Jose Mourinho yavuze ko nta gahunda afite yo kugura Neymar Junior,rutahizamu w’Ikipe ya FC Barcelona. Ibi akaba abitangaje mu gihe hari amakuru avuga ko yifuzaga uyu mukinnyi muri Sezo(Saison) itaha.
Mourinho yagize ati’’ Ngerageza buri gihe kurasa ku ntego no gukorera kuri gahunda ari nako ngerageza kubaza amakuru y’abakinnyi mu makipe yabo.Ikipe nka Barcelon nishobora ndetse ntiyagerageza gutakaza umukinnyi nka Neymar.
Ikinyamakuru Goal kivuga ko Mourinho yakomeje avuga ko nubwo Messi ari umukinnyi w’umuhanga mu ikipe ya FC Barcelona ko Neymar amugwa mu ntege, ati : ‘‘ nubwo Messi akiri muto ku myaka 30,Neymar azaba umukinnyi ukomeye ugwa mu ntege Messi.Ndatekere ko kuvuga ngo ndashaka kugura Neymar ari kimwe nko gufungura umutamenwa. Muri make ni ibidashoboka’’
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Neymar w’imyaka 25 y’amavuko akomoka muri Brezil akaba yaratangiye gukinira ikipe ya Barcelona kuva muri Gicurasi 2013.
Abakeneye ko bwiza.com yazabasura, n’igihe mukeneye ko hari ibitangazwa mu binyamakuru byayo wakwandika kuri E-mail ya meckypro@gmail.com,cyangwa mugahamagara kuri 0784685981.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Gabriel Habineza/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *