20251015_71319

Joseph Kabila yahurije abatavuga rumwe na Tshisekedi i Nairobi 

Sangiza iyi nkuru

Abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bari i Nairobi muri Kenya aho bari mu mwiherero bahurijwemo na Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa RDC.

Izi nama z’iminsi ibiri zigamije gushyiraho umurongo mushya w’uburyo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bakorana, hagamijwe “gutanga umusanzu mu kubaka amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC)”, nk’uko abazitabiriye babivuga.

Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka Leadership et Gouvernance pour le Développement (LGD) ry’umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon uri mu bari kumwe na Kabila i Nairobi, Franklin Tshiamala, yasobanuye ko bariya banyapolitiki bemeranyije ko batagomba kugengwa n’impande zishyamiranye, ahubwo bashaka ko ibyo basaba byumvwa binyuze mu biganiro bya Doha, bigirwamo uruhare na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Uyu yavuze ko iyi ari na yo mpamvu bari gutegura ingamba zitandukanye, aho ibiganiro kuri izo ngamba birangira kuri uyu wa Gatatu.

Inama y’i Nairobi yitabiriwe n’abanyapolitiki benshi batavuga rumwe n’ubutegetsi bw’i Kinshasa barimo Matata Ponyo Mapon wahoze ari Minisitiri w’Intebe RDC, Seth Kikuni uri mu bahatanye na Tshisekedi mu matora y’Umukuru w’Igihugu yo muri 2023, Franck Diongo umaze igihe yarahungiye mu Bubiligi cyo kimwe n’abayoboke benshi b’impuzamashyaka Front commun pour le Congo (FCC) ya Kabila nka Néhémie Mwilanya Wilondja wahoze ari umuyobozi w’ibiro bye, Raymond Tshibanda usanzwe ari umuhuzabikorwa muri FCC, José Makila wigeze kuba Minisitiri ku butegetsi bwa Kabila na Richard Muyej wahoze ari Guverineri w’Intara ya Lualaba.

Barimo kandi Kikaya Bin Karubi usanzwe ari intumwa yihariye ya Joseph Kabila akanaba umujyanama we cyo kimwe na Patient Sayiba.

Icyakora iriya nama ntiyagaragayemo abanyapolitiki bakomeye nka Moise Katumbi, Martin Fayulu, Jean-Marc Kabund na Delly Sesanga.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *