Julius Malema yajyanye umuherwe mu rukiko nyuma y’aho amwise inyenzi

Sangiza iyi nkuru

Julius Malema uyobora umuryango uhirimbanira ubwisanzure mu bukungu, EFF (Economic Freedom Fighters) yajyanye umuherwe Kenny Kunene mu rukiko rw’iwabo muri Afurika y’Epfo, nyuma y’aho amwise inyenzi.

Kunene wungirije umuyobozi w’ishyaka PA (Patriotic Alliance) mu kiganiro yagiriye kuri televiziyo eNCA cyari cyerekeye amatora mu nzego z’ibanze yabaye mu mwaka ushize, yavuze ko agiye guhangana na Malema, amwita aka gasimba.

Malema byaramubabaje maze asaba Kunene kuvuguruza amagambo yatangaje kandi akanamusabira imbabazi mu ruhame, ariko uyu munyapolitiki yanga kubikora nk’uko ikinyamakuru News24 kibisobanura.

Uwatutswe yahise yitabaza umunyamategeko we, Kameel Premhid, batanga ikirego. Kuri uyu wa 12 Nzeri 2022 baburanye mu rukiko, Malema asobanura ko ijambo ‘inyenzi’ rifite uburemere, kuko ngo “rifitanye isano na jenoside yakorewe mu Rwanda.” Ati: “Ijambo inyenzi rifite icyo risobanuye kandi rirakomeretsa.”

Nk’uko Malema yabivuze, izina ‘inyenzi’ ni rimwe mu yitwaga Abatutsi mu Rwanda mu gihe cy’itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya jenoside mu 1994.

Gusa Kunene mu kwiregura, yasobanuye umucamanza ko Malema atari akwiye kubabazwa n’iri jambo, agaragaza ko yarivuzwe mu buryo busanzwe kuko ngo ikimubabaza kuva mu bwana akigereranya n’inyenzi.

Kunene yavuze kandi ko na Malema ajya atukana, ariko si ko ajyanwa mu nkiko. Ati: “Atwita amabandi, abanyabyaha kandi ibyo birimo guharabika. Ntabwo nirukira mu nkiko kubera ko ntabwo ndi umwana murizi cyangwa umuhungu w’ikigwari. Iyi ni politiki.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *