Justin Bieber yaguye igihumure bitewe na Selena Gomez

Sangiza iyi nkuru

Umuhanzi  Justin Bieber yagaragaye arandaswe mu maboko y’abandi bantu ba hafi bitewe n’inkuru y’ijyanwa mu bitaro ry’uwahoze ari umukunzi we Selena Gomez.

Uyu mugabo yagize iki kibazo ubwo yari ku rusengero kuri uyu wa Gatatu yaje wenyine kandi ubusanzwe azana n’umugore we, Hailey Baldwin.

Justin Bieber wari wacitse intege ku buryo bugaragara nk’uko TMZ ibitangaza, byaramugoye cyane kuva ku rusengero maze inshuti ze ziramurandata. Ni nyuma y’amasaha make inkuru  y’uko Gomez yajyanwe mu bitaro by’abafite ihungabana ryo mu mutwe.

1011 bieber church solo splash 4 Copy
Bamwe mu nshuti za hafi za Justin Bieber zimurandase ubwo yavaga ku rusengero kuwa Gatatu w’iki cyumweru.

Biragaragara ko aba bombi bakundanye urukundo ruzima n’ubwo batahwemye  gutandukana bya hato na hato.

Urukundo rwa Selena Gomez na Justin Bieber  rwatangiye guhwihwiswa mu 2010. Nyuma y’umwaka umwe muri Mutarama nibwo batangaje ko bakundana ku mugaragaro ubwo bari mu biruhuko muri St. Lucia

1103 justin bieber selena gomez together footer 3
Urukundo rwa Justin Bieber na Selena Gomez rwaramamaye cyane

Aba bombi baje gutandukana  gusa hariho icyizere ko mu 2017 basubirana n’ubwo umuryango w’uyu muhanzikazi wabirwanyaga.

Ibi nibyo byatumye hagana muri Mutarama, 2018 selena Gomez agira ihungabana hakitabazwa ibitaro.

Selena Gomez na Bieber batandukanye muri Werurwe, 2018 nyuma y’uko hari hashize igihe kirekire urukundo rwabo ruri  muri bomboribombori.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *