Kadaga aratabaza nyuma y’aho indege imujyanye aho atajyaga

Sangiza iyi nkuru

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Rebecca Kadaga arasaba ko abadepite bahabwa indege yo kubafasha mu kazi kabo. Ni nyuma y’aho iyo yari arimo yamujyanye aho atashakaga.

Kadaga kuwa Gatandatu tariki 29 Gashyantare yari mu Karere ka Kazo aho yari yitabairiye ibirori by’umwe mu bakozi ba Leta, gusa indege yari imutwaye yari yabanje kumujyana mu Karere ka Mubende.

Kadaga yavuze ko abadepite bakeneye indege yabafasha mu kazi kabo. Ati “ Dukeneye indege kuko nakerewe Kazo kubera ko umupilote yanjyanye muri Mubende ku bwo kuyoba.”

Kuva mu 2017, abadepite basabye ko bahabwa indege yihariye gusa rubanda babyamaganira kure bavuga ko “umurengwe wabo ukabije.” Nk’uko Chimperports ibitangaza.
Ubusanzwe bakoresha iz’igipolisi n’igisirikare gusa ntibyakunze bitewe n’uko zihanganye n’inzige mu majyaruguru ya Uganda.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *