Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Medie Kagere na bagenzi be bakinana mu kipe ya Simba SC, bamaze gushyikirizwa igikombe cya shampiyona ya Tanzania baheruka kwegukana.
Kagere na bagenzi be bashyikirijwe iki gikombe ku mukino w’umunsi wa nyuma wa shampiyona Simba Sports Club yanyagiyemo Namungo FC ibitego 4-0.
Ni umukino Kagere wari wagiriwe icyizere cyo kubanza mu kibuga yafunguyemo amazamu, ku gitego cyo ku munota wa 19 w’umukino.
Ni mbere Umukongomani Chris Mugalu atsinda ibindi ibitego bibiri, ndetse n’icy’agashinguracumu cyatsinzwe na John Bocco kuri penaliti yo mu minota ya nyuma y’umukino.
Igikombe ikipe ya Simba yashyikirizwaga cyari icya 22 mu mateka ya shampiyona ya Tanzania, ndetse kikanaba icya kane cyikurikiranya.
Kuva mu mwaka w’imikino wa 2017/2018 nta yindi kipe muri Tanzania iramenya uko igikombe cya shampiyona gisa, by’umwihariko Kagere akaba yarafashije Simba gutwara ibikombe bitatu muri biriya bine iheruka kwegukana.
Simba Sports Club y’umutoza Didier Gomes da Rosa yasoje shampiyona iri imbere n’amanota 83, irusha 11 ikipe ya Young Africans yarangije ari iya kabiri ndetse na 15 Azam FC yabaye iya gatatu.
Kapiteni wa Simba, Joh Bocco, ni we warangije shampiyona ayoboye abatsinze ibitego byinshi (16), arusha kimwe Mugalu bakinana na bibiri yarushaga Prince Dube wa Azam FC.
N’ubwo Kagere atakunze kubona umwanya wo gukuna ntibyamubujije kurangiza shampiyona ari ku mwanya wa kane mu batsinze ibitego byinshi n’ibitego 13.











