Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 27 Mutarama 2017, nibwo indege ebyiri zo mu bwoko bwa kajugujugu z’igisirikare cya Leta ya Congo ( FARDC) zahanutse zirashwanyagurika mu gace ka Rutshuru.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Nk’uko byatangajwe na Radiyo Okapi, abakomerekeye muri izi ndege harimo abofisiye 3 ba FARDC n’abandi basirikare bo mu ikipe y’Abarusiya. Aba bose bakaba barimo kuvurirwa mu bitaro i Goma.
Mu gihe bitangazwa ko icyaba cyateye iyi mpanuka kitazwi, hari na bimwe mu bikoresho byazo byabuze ubu bikaba bigishakishwa.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengiyumva Philipe/Bwiza.com


