Kaka yasabye Neymar guhindura izina akabona kuba icyamamare ku isi

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’ibitego Neymar yatsindiye ikipe FC Barcelona akinira, ku wa Gatatu tariki ya 7 Werurwe 2017, iyi kipe ikabasha gutsina ibitego 5-1 cya Paris Saint-German, mugenzi we Kaka wahoze muri Real Madrid yamusabye kuba yahindura izina.
Ricardo Izecson dos Santos (Kakà¡) yasabye Neymar guhindura izina akitwa Reymar, ko aribwo azabasha kugera kure muri ruhago ndetse akaba n’ikirangirire ku isi.
Kaka ati: “Mu byo akora byose muri Barcelona, birashoboka cyane ko Neymar azagera ku murongo wo kwitwa umukinnyi wa mbere ku isi”.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Yakomeje agira ati: “Ariko ndatekereza, abaye ahinduye izina akitwa Reymar. Nkeka ko aribwo amahirwe ye yaba yiyongera”.
Yakomeje avuga ko ibyamamare byo muri Brezil uko byagiye bisimburanwa, byose amazina yabo yatangirwaga n’inyuguti “R”.
Rivaldo (1999), Ronaldo (1997, 2002, ), Ronaldinho(2005), Ricardo (KAKA) 2007. Aba bose ni abakinnyi bakomoka muri Brezil babashije kwegukana ballon d’Or muri iyi myaka iri imbere y’amazina yabo.
Ku bwa Kaka watwaye Ballon d’Or mu mwaka wa 2007, abona Neymar aramutse ahinduye izina rye akitwa Reymar byamuha amahirwe cyane akaba yakongerwa kuri uru rutonde rwa za R.

kaka
Icyamamare Kaka

Kaka ubu amaze kugira imyaka 34 y’amavuko, muri iriya myaka yahawemo iki gihembo yarabicaga bigacika i Burayi mu ikipe ya Ac Millan yaje kuvamo ajya muri Real Madrid.
Neymar basangiye igihugu, ni umusore ukiri muto ku myaka 25 y’amavuko.ubu ukomeje kubica bigacika muri FC Barcelona yo muri Espagne.
ny
Neymar na Ronaldinho

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Théoneste@Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *