Abantu barindwi bo mu gace ka Shanji muri Teritwari ya Kalehe mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, biciwe mu gitero bagabweho n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Umutwe wa AFC/M23 biciye mu muvugizi wawo, Lawrence Kanyuka, watangaje ko igitero cyiciwemo bariya bantu cyabaye ku Cyumweru tariki ya 29 Werurwe saa 18:30, ubwo ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC zacengeraga muri Centre ituwe n’abaturage benshi ya Shanji.
Abishwe nk’uko AFC/M23 ibivuga, barimo Shadai Ndagije, Bisengi Mpenze, Gitinywa Etienne, Gashimye Hitimana, Daniel Hategeka, Ndayambaje Muhire na Iradukunda Nsanzumuhire.
Igitero cyiciwemo aba bantu kandi cyanakomerekeyemo abandi barenga 20 nk’uko uriya mutwe ubivuga.
Kanyuka yavuze ko ubu bwicanyi “bwongera ingaruka mbi kandi bugaragaza umugambi [wa Kinshasa] wo gushyira iterabwoba mu baturage.”
AFC/M23 kandi ivuga ko hagati y’ejo ku Cyumweru no kuri uyu wa Mbere, ingabo zirwana ku ruhande rwa Kinshasa zagabye ibitero bya drone z’ubwiyahuzi zizwi nka kamikaze mu duce twa Gakenke na Mikenke duherereye muri Komine ya Minembwe, mu misozi miremire yo muri Kivu y’Amajyepfo.
Kanyuka yavuze ko ibi bitero “bigize kwica mu buryo bukomeye amategeko mpuzamahanga y’ubutabazi.”
Yashinje kandi ubutegetsi bwa Kinshasa kuba bukomeje kwanga gushyira mu bikorwa ibyo bwiyemeje, ahubwo bugakomeza kwishyira hamwe n’umutwe wa FDLR no kohereza abarwanyi bawo mu mpande zitandukanye; ibishimangira gahunda yabwo yo gukomeza guteza umutekano muke no guca igikuba mu baturage.


