Aubin Minaku, wari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo kugeza kuwa Gatanu ushize, aremeza ko Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu agomba kuva mu ihuriro FCC, rya Joseph Kabila, mu gihe Vital Kamerhe yashabitse uyu mwanya mbere y’amatora ubwo yemeraga kwifatanya na Felix Tshisekedi mu guhatanira umwanya w’umukuru w’igihugu bakumvikana ko natsinda azamugira Minisitiri w’Intebe.
Biravugwa ko kuri ubu hakomeje ibiganiro hagati y’ihuriro FCC ndetse n’ihuriro CACH rya Tshisekedi, aho impande zombie zikomeje ibiganiro ku igabana ry’ubutegetsi ndetse no ku kibazo cy’ugomba kuba Minisitiri w’Intebe na n’ubu utaragenwa nyuma y’amezi atatu habaye amatora y’umukuru w’igihugu nubwo Perezida Tshisekedi yijeje mu cyumweru gishize ko agomba kumenyekana vuba.
Mu kiganiro yagiranye na RFI dukesha iyi nkuru, bwana Aubin Minaku, nawe uri muri ibi biganiro, yabajijwe impamvu kugena Minsitiri w’Intebe bikomeje gutinda, asubiza agira ati: “ Icya mbere, icy’ingenzi ni ukumenya ko kuba FCC na CACH biri kuganira, byose bifite ubwiganze mu nteko, ni akantu gato ka mbere muri Afurika yo hagati .”
Yakomeje avuga ko kuba abayobozi b’aya mahuriro ya politiki baricaranye bakabona igisubizo cy’amahoro ari ikintu cy’ingenzi gikwiye kumvwa.
Yabajijwe niba kitaba ari ikimenyetso cy’uko ibintu bitifashe neza hagati ya FCC na CACH kuba hashize amezi atatu batarumvikana ku muntu ugomba kuba Minisitiri w’Intebe, asubiza agira ati: “Nta kibazo gihari.”
Yakomeje avuga ko bashobora gufata igihe gito ariko nta kibazo gihari kandi ngo na Minisitiri w’Intebe wa mbere mu matora yabanjirije aheruka yatangajwe mu kwezi kwa gatanu.
Mu gihe itegeko nshinga rivuga ko Minisitiri w’Intebe agomba guturuka ku ruhande rufite ubwiganze mu nteko kandi FCC na CACH akaba ari zo ziganje, Minaku yabajijwe niba bishoboka Minisitiri w’Intebe yazanaturuka muri CACH.
Mu gusubiza yagize ati: “ Minisitiri w’Intebe ava mu bwiganze mu nteko. Kandi tuzi twese ko ubwo bwiganze mu nteko bugizwe na FCC na CACH. Minisitiri w’Intebe azaturuka muri FCC. FCC, ni abadepite hafi 335 naho CACH ni abasaga gato 50. Nta n’impaka zihari, usibye mu itangazamakuru .”
Minaku kandi yabajijwe icyo yasubiza bamwe mu bayoboke b’ishyaka UDPS rya Tshisekedi bifuza ko ryahagarika imikoranire n’ihuriro rya FCC kubera ko ngo iri ryikubiye imyanya yose nko mu nteko, muri Senat, no muri ba guverineri.
Aha yasubije ko atibaza ko muri CACH hari iki kibazo. Ati: “ Murabizi, CACH, UDPS, ni ishyaka rinini! Miliyoni z’abayoboke !”
Umunyamakuru ati: “ Ariko bahagarariwe gacye mu nteko na Senat !”
Yasubije na none ashimangira ko CACH cyangwa UDPS ari ishyaka rinini abayoboke bashobora kugira imyumvire itandukanye kandi ngo ni ibisanzwe muri demokarasi.
Kuwa 23 Ugushyingo 2018 nibwo Vital Kamerhe (Perezida w’ishyaka UNC) na Felix Tshisekedi (Wa UDPS)bari I Nairobi bagiranye amasezerano umwe yemera guharira undi no kuzamushyigikira nk’umukandida uhagarariye ihuriro ryabo (CACH) mu matora y’umukuru w’igihugu yo kuwa 30 Ukuboza 2018.
Muri aya masezerano kandi, hari hemeranyijwe ko mu gihe UNC yaharira UDPS igafata ubutegetsi, yazayitura umwanya wa Minisitiri w’Intebe, naho mu matora yo mu 2023 UNC yafata ubutegetsi igaha UDPS umwanya wa Minisitiri w’Intebe.
Gusa, nyuma yo kujya ku butegetsi, Felix Tshisekedi yahise agira Vital Kamerhe umuyobozi ushinzwe abakozi muri perezidansi aho kumugira Minisitiri w’Intebe. Bishoboka ko bari bazi ko itegeko nshinga ritazatuma amasezerano yabo ashyirwa mu bikorwa kuko riteganya ko Minisitiri w’Intebe agomba kuva mu ruhande rufite ubwiganze mu nteko.


