Kaminuza ya Gitwe yaba igiye gufungura imiryango?

Sangiza iyi nkuru

Uyu munsi, Guverineri w’Intara y’Amajyepfo n’abandi bayobozi bagiranye inama n’ubuyobozi bwa Kaminuza ya Gitwe hareberwa hamwe icyakorwa ngo isubukure amasomo.

RBA niyo yatangaje ibi gusa nta byinshi yamenyesheje Abanyarwanda kuri iyi ngingo.

Iyi kaminuza ariko itsinda ry’abantu 16 barimo abayobozi bakuru bayo, ku wa Gatatu 23 Mutarama 2019 ryakiriwe mu nteko ishingamategeko, muri komisiyo y’uburezi ngo basobanure birambuye ibyo bita akarengane bavuga ko bakorerwa n’inama nkuru y’uburezi (HEC).

Ni nyuma y’uko tariki ya gatatu Mutarama 2019, iyi kaminuza yari yagejeje urwandiko mu nteko ishinga amategeko isaba ko yarenganurwa.

Dr. Innocent Kabandana uyobora inama y’ubutegetsi ya kaminuza ya Gitwe,yabwiye abadepite bagize komisiyo y’uburezi ko ibyo basabwe byose babitunganyije, ariko HEC ikaba ikomeje kubabuza kwakira abanyeshuri bashya mu ishami ry’ubuganga.

HEC yakunze guhakana ibivugwa n’iyi kaminuza, ikavuga ko hari ibyo iba itanogeje nk’aho yatunze agatoki abadodesheje raporo ya stage.

Hashize igihe iyi kaminuza idakora bitewe n’ibibazo bifitanye isano n’amikoro, aho abakozi bayishyuza ibirarane.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. Kaminuza ya Gitwe yaba igiye gufungura imiryango?
    Iyo kaminuza cgwa nta bitugukwaha yatanze cgwa nta bantu ifite bayivugira ibukuru cgwa nyirayo ntiyavuye i burundi cgwa ouganda

  2. Kaminuza ya Gitwe yaba igiye gufungura imiryango?
    Iyo kaminuza cgwa nta bitugukwaha yatanze cgwa nta bantu ifite bayivugira ibukuru cgwa nyirayo ntiyavuye i burundi cgwa ouganda

  3. Kaminuza ya Gitwe yaba igiye gufungura imiryango?
    Iyo kaminuza cgwa nta bitugukwaha yatanze cgwa nta bantu ifite bayivugira ibukuru cgwa nyirayo ntiyavuye i burundi cgwa ouganda

  4. Kaminuza ya Gitwe yaba igiye gufungura imiryango?
    Iyo kaminuza cgwa nta bitugukwaha yatanze cgwa nta bantu ifite bayivugira ibukuru cgwa nyirayo ntiyavuye i burundi cgwa ouganda

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *