Kapiteni wa Tanzania, Mbwana Samatta yasabye ko yakurwa ku rutonde rw’abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru (Taifa Stars) bazacakirana n’ iy’u Rwanda kuwa 14 Ukwakira 2019 mu mukino wa gicuti.
Umutoza wa Taifa Stars, Umurundi Etienne Ndayiragije yatangarije Daily News ko Mbwana Samatta ukinira Genk yo mu Bubiligi, ari we wasabye ko atashyirwa ku rutonde.
Ati “ Samatta yasabye ko atashyirwa ku rutonde kuko atarakira neza. Niba mwibuka neza, yavunitse ubwo twakinaga n’Uburundi, kugeza ubu ntarakira neza.”
[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]
Mbwana Samatta ni umwe mu bakinnyi Tanzania iri kugenderaho muri iki gihe. Amaze kwigaragaza nk’umwe mu bakinnyi beza Afurika y’Iburasirazuba ifite muri ruhago.


