Polisi ikorera mu Karere ka Kayonza yafashe imodoka yavaga mu murenge wa Murama yerekeza mu mujyi wa Kigali ipakiye amabuye y’agaciro adafitiwe ubusobanuro n’inkomoko izwi.
Kuri uyu wa 07 Mata, nibwo imodoka yo mu bwoko bwa Voiture Carsa RAB 132 H yafashwe irimo abagabo babiri aribo Ngabonzima Sixbert na Gatanazi Rashid wari utwaye iyi modoka ari nawe nyiri aya mabuye yo mu bwoko bwa Gasegereti angana n’ibiro 62,5 bikekwa ko ari amibano.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Hamdun Twizeyimana avuga ko abacuruza aya mabuye bayiba muri kompanyi Wolfram mining and processing Ltd isanzwe icukura amabuye y’agaciro mu mirenge ya Murama, Mwiri, Gahini na Rwinkwavu yo mu Karere ka Kayonza.
Yagize ati “Iyi kompanyi ifite abakozi barenga 2000 muri bo harimo abacukura ayo mabuye bakajya kuyagurisha mu baforoderi bayibye muri iyo kompanyi.”
CIP Twizeyimana yakomeje avuga ko ari muri ubwo buryo Gatanazi ukekwaho gucuruza magendu, yagiye kugura ayo mabuye n’abo bakozi bigizwemo uruhare na Ngabonziza Sixbert wahuje impande zombi.
Ati “Bamwe muri abo bakozi b’iyo kompanyi batanze amakuru kuri Polisi ko iyo modoka ya Gatanazi ipakiye amabuye ivanye mu Murenge wa Murama mu Kagali ka Bunyetongo iyajyanye i Kigali kandi ashobora kuba ari amibano, niko guhita Polisi iyikurikirana iza gufatirwa mu Murenge wa Rwinkwavu koko basanga nta busobanuro afitiwe.”
CIP Twizeyimana avuga ko iyo modoka nabo bagabo bombi bashyikirijwe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rukorera kuri Sitasiyo ya Rwinkwavu kugira ngo hakorwe iperereza.
Ingingo ya 50 y’itegeko n° 58/2018 ryo ku wa 13/08/2018 rigenga ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro na kariyeri riteganya ko umuntu wese ufatanywe amabuye y’agaciro atagaragaza inkomoko yayo ahanishwa ihazabu yo mu rwego rw’ubutegetsi ingana n’icumi ku ijana (10%) by’agaciro k’ayo mabuye y’agaciro kandi n’ayo mabuye agafatirwa.


