Kenya: Abaguye mu gitero cy’iterabwoba bamaze kuba 21 barimo Umwongereza n’Umunyamerika

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi w’Igipolisi cya Kenya, Joseph Boinnet yatangaje ko bafashe abantu babiri bakekwaho uruhare mu gitero cy’iterabwoba cyo kuwa kabiri, mu gihe imibare y’abaguye muri iki gitero imaze kugera ku bantu 21.

Mu ijambo yagejeje ku banyagihugu ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu hamaze kurwanywa igitero cy’iterabwoba cyari cyagabwe kuri imwe mu mahoteli yo mu murwa mukuru, Nairobi, umukuru w’igipolisi, Joseph Boinnet yagize ati: Igipolisi kugeza ubu cyafashe abantu babiri bakekwaho kuba baragize uruhare mu gitero cy’iterabwoba.”

Yanabwiye itangazamakuru ko umubare w’abantu bishwe n’abagabye iki gitero wazamutse ukava ku bantu 14 ukagera ku bantu 21.

Umukuru w’igipolisi cya Kenya kandi yavuze ko mu bishwe harimo Abanyakenya 16, Umunyamerika, Umwongereza n’abandi Banyafurika batatu hataramenyekana imyirondoro yabo.

Mu bishwe kandi nk’uko iyi nkuru dukesha Chimpreports ikomeza ivuga, harimo umupolisi ndetse n’uwo Munyamerika wari umunyemari witwa Jason Spindler wari Umuyobozi mukuru (CEO) w’ikigo cy’imicungire mpuzamahanga n’ishoramari kitwa I-DEV gikorera I Nairobi.

694940094001 5989672727001 5989666817001 vs

Umukuru w’igipolisi akaba yashimiye uko abapolisi ba Kenya bitwaye ndetse ashimira inzego z’umutekano z’Abanyamahanga zafashije mu gikorwa cyo gukubita inshuro abari bateye.

Umutwe wa Al Shabab wigambye iki gitero ukaba watangaje ko wakigabye mu rwego rwo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za Amerika zemeje Yerusalemu nk’umurwa mukuru wa Israel.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *